Umujyi wa Kigali weruye ko nta ngurane zizahabwa abatuye ahashyira ubuzima bwabo mu byago

Umujyi wa Kigali watangaje ko abantu batuye ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga (high risk zone) bazimurwa kandi ntibagire ingurane bagenerwa, uretse guha ubufasha abo bizagaragara ko batishoboye.

Iki cyemezo ubuyobozi bw’Umujyi bwagitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 27/03/2013, nyuma y’uko bamwe mu batuye muri ibyo bice bavugaga ko bazahava ari uko bahawe ingurane.

Uko iminsi yakomezaga kwicuma niko ibibazo bituruka ku mihindagurikire y’ikirere byakomezaga kwiyongera, n’ubwo nta mibare minini igaragaza buzima bw’abantu byahitanye yari yagaragara.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba, yatangaje ko muri iyi minsi ishize hakomeje kugaragara imiyaga n’imvura bidasanzwe, ibyo bikiyongeraho ko abantu babaye benshi. Ubwo bwinshi bwabo bukagenda bwongera ingaruka ku buzima bwabo.

Yagize ati: “Mbere yo gutekereza ku ndishyi kuko abantu bakunze kuvuga indishyi, ubundi se amazi naza akamutwara azahabwa indishyi ari mu isanduku mu irimbi, azayihabwa na nde izamumarira iki?
Niba utishoboye uri uwo gutabarwa ibyo byo abantu baragutabara nk’uko basanzwe batabara abandi”.

45% by’abagomba kwimuka ahamaze kugaragazwa n’inyigo ko hashobora gushyira ubuzima bw’abahatuye mu kaga ni abakodesha, bamaze no kugirwa inama yo kujya gushaka ahandi bakodesha.

Umujyi wa Kigali ugaragaza neza mu buryo buziguye ko abasigaye bari mu mazu yabo bazimurwa nta ngurane bazahabwa uretse bamwe bazafashwa kwimuka.

Ikindi ni uko abazimuka ubutaka bazasiga buzaguma bukaba ubwabo, ku buryo babukoresha ibijyanye n’imiterere yaho; nk’uko byemejwe n’umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge, Solange Mukasonga.

Emmanuel N. Hitimana

Ibitekerezo   ( 13 )

Ubu buyobozi burahubuka cyane, nizeye ko HE azabakurura amatwi muri uyu mushyikirano

mushyitsi yanditse ku itariki ya: 28-03-2013  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka