RCS irashakisha Mfitumukiza watorotse gereza ya Muhanga

Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), rurasaba Abanyarwanda gutanga amakuru ku wabona uwitwa Mfitumukiza Jovin watorotse gereza ya Muhanga yari afungiyemo.

Gereza ya Muhanga
Gereza ya Muhanga

Mfitumukiza yari umwe mu bakurikiranyweho icyaha cyo kwica umumotari mu karere ka Muhanga bakamwambura moto, icyo cyaha cyakozwe muri Nyakanga 2020 mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RSC), SSP Pelly Uwera, yemeje ayo makuru hamwe n’Umuyobozi wa gereza ya Muhanga SSP Genevieve Niyomufasha ko Mfitumukiza Jovin yaciye mu rihumye abacungagereza mu ijoro ryo ku wa 27 Mutarama 2021 agatoroka.

Muri iryo Joro ni bwo humvikanye urusaku rw’amasasu yarashwe n’abacungagereza, SSP Niyomufasha akavuga ko byari mu rwego rwo gukurikira Mfitumukiza wari ucitse ariko ntibabasha kumufata.

Yavuze ko abandi bagororwa nta kibazo bafite kuko uwatorotse ari umwe gusa, akaba ari gushakishwa kugira ngo akurikiranweho icyaha cyo gutoroka gereza, n’icyaha asanzwe akurikiranyweho cyo kwica umumotari witwa Samson Ndirabika bakamwambura moto.

Agira ati, “Ni byo muri iryo joro ni bwo Mfitumukiza yatorotse, abacungagereza bamukurikiye ngo bamufate arabacika, ubu turamushakisha uwamubona yatanga amakuru ku nzego z’umutekano agafatwa”.

Mfitumukiza Jovin wari utuye mu Mujyi wa Muhanga, yafashwe n’ubuyobozi agerageza gucika inzego z’umutekano ngo ahungire i Kigali nyuma yo kwica Ndirabika, si ubwa ambere akurikiranywe n’inzego z’ubutabera kuko yongeye gufungwa nyuma y’igihe gito yari amaze arekuwe mu bahawe imbabazi rusange.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 16 )

Mbabajwe numumotari yishe

Niyomugabo yanditse ku itariki ya: 31-01-2021  →  Musubize

Ntafoto yuwo mugizi wa nabi
Bafite bayishyireho
Nuwahura nawe ahite arya akara RIB roast

Ntirenganya FERDINAND yanditse ku itariki ya: 30-01-2021  →  Musubize

Hhhhhhhh atoroka?????? Gute se ,muyihe nzira se,barabashuka.ruswa.com

nzeyimana yanditse ku itariki ya: 30-01-2021  →  Musubize

Reka Reka bamubonye baramurasa arabacika gute c imbunda irasa muri 1m?
Gusa ubwo yashakaga gutorokera kgl ubwo niho yagiye bazahamishire🏃🏃🏃🏃🏃

Maombe yanditse ku itariki ya: 30-01-2021  →  Musubize

Nonese baraga iki? Yabacitse bamureba bamwirukaho bamurasa ntibamuhamya aranabacika? Bano si abarashi!! Harimose ikibazo cyubuswa mu kurasa cg kwiruka?
Gereza se bari batikinguye asoka tiruka yambaye imyenda yimfingwa?
Mujye mureka kujijisha rubanda pe

Kabuga yanditse ku itariki ya: 29-01-2021  →  Musubize

Ntibyumvikana ukuntu yabatorotse ahubwo gereza ya muhanga irimo ruswa nuburangare bwumuyobozi wayo aho atonesha abafungwa mukurikirane kuko ntibyumvikana ukuntu yacitse gereza ubwo se thacien urinda umuryango yari yagiyehe Genevieve mumubaze neza nakazu yubatse muri gereza kayobowe nuwitwa hategekimana protegene na commissaire ruzigamanzi jackson

Gakire yanditse ku itariki ya: 29-01-2021  →  Musubize

Birumvikana,ariko byarikubabyiza iyomushyira ho imyirondoroye yose nifoto bifasha mugukurikirana.

Alias yanditse ku itariki ya: 29-01-2021  →  Musubize

Ahaaaaa. Aka ni akumiro rwose! Ngo yatorotse!? Yaciye hehe!? Hari harinzwe na made!?? Mbega ntibyumvikana rwose! Aho harimo kata utamenya! Ahubwo abari bacunze umutekano bose bafungwe. Kuko Aho harimo ruswa cg uburangare bukabije

Yves IRAGENA yanditse ku itariki ya: 29-01-2021  →  Musubize

Haaaa!!!! Iyo deal mwariyemo angahe?

Museme kweli yanditse ku itariki ya: 28-01-2021  →  Musubize

Haaaa!!!! Iyo deal mwariyemo angahe?

Museme kweli yanditse ku itariki ya: 28-01-2021  →  Musubize

Ubwo se iryo jisho ritareba umwicanyi ufunzwe riba rireba iki!!

lg yanditse ku itariki ya: 28-01-2021  →  Musubize

Azanafatwa tu

nibayavuge craude yanditse ku itariki ya: 28-01-2021  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka