Perezida Kagame yifurije Abayislamu umunsi mukuru mwiza wa Eid al-fitr

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije Abayislamu bo mu Rwanda no hirya no hino ku isi umunsi mukuru mwiza wa Eid al-fitr.

Abinyujije kuri Twitter ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru tariki 24 Gicurasi 2020, Perezida Kagame yagize ati “Ku bavandimwe b’Abayisilamu baba abari mu gihugu n’ahandi kw’isi. Mwese mbifurije umunsi mukuru mwiza kandi w’imigisha”.

Ni ubutumwa bwakurikiwe n’ibitekerezo by’abamukurikira kuri uru rubuga baba abanyamahanga n’abanyarwanda bahereye ku butumwa bwe bamushimira, ari nako na bo bamusabira kugira imigisha n’igihugu muri rusange.

Kuri iyi nshuro Abayisilamu bo mu Rwanda kimwe n’ahandi henshi ku isi bizihije umunsi mukuru wa Eid al-Fitr mu buryo budasanzwe.

Mu Rwanda bakoze isengesho bari mu ngo zabo, aho ryari riyobowe na Mufti w’u Rwanda Sheikh Hitimana Salim kuri Radio na Televiziyo by’u Rwanda mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

EID mUBARAKA KURI MWESE BAYISILAM BO MU RWANDA NO KWISI HOSE..

bimawuwa yanditse ku itariki ya: 24-05-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka