Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri

Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu mugoroba tariki ya 11 Ugushyingo 2022 ayoboye Inama y’Abaminisitiri irimo kwiga ku ngamba na Politiki zinyuranye.

Perezida Kagame
Perezida Kagame

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byashyize iri tangazo kuri Twitter riherekejwe na video nto igaragaza Abaminisitiri bagera muri Village Urugwiro bagahita batangira Inama iyobowe na Perezida Kagame.

Inama y’Abaminisitiri kandi iteranye irimo Minisitiri mushya w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, wari umaze kurahira kuri uyu wa Gatanu.

Inama nk’iyi yaherukaga kuba tariki 14 Ukwakira 2022, haganirwa ku ngingo zitandukanye zigamije kwihutisha impinduka mu mibereho n’ubukungu bw’Igihugu.

Reba imyanzuro yafatiwe mu nama yo kuri uyu wa Gatanu

Kanda HANO urebe imyanzuro yafatiwe mu nama y’ubushize.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka