Nyanza: Umubyeyi yagongeye umwana we mu rugo ahita apfa

Umugabo wo mu Murenge wa Busasama mu Karere Nyanza, ku mugoroba wo ku wa mbere tariki 13 Nyakanga 2020, ubwo yakataga mu rugo ashaka gusohoka n’imodoka yagonze umwana we w’umwaka umwe ahita apfa.

Amakuru agera kuri Kigali Today avuga ko uwo mwana yakurikiye imodoka ya se na we ntiyabimenya, ni ko kumugonga ari na byo byamuviriyemo urupfu nk’uko byemezwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busasamana, Bizimana Egide.

Agira ati “Iyo mpanuka yabaye mu ma saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba, ubwo umubyeyi yasohotse mu nzu ajya mu modoka ye ya RAV4 ashaka kugenda ariko ntiyamenya ko umwana yamukurikiye. Ubwo yakije imodoka hanyuma asubiye inyuma ahita amugonga”.

Ati “Ubwo rero yumvise ikintu gituritse, asohotse asanga ni umwana akandagiye ahita amwirukankana kwa muganaga ariko ahageze umwana aba yitabye Imana, birababaje”.

Bizimana asaba ababyeyi cyane cyane abafite abana bato kujya bitonda iyo bagiye guhagurutsa imodoka kuko impanuka nk’iyo zikunze kubaho.

Ati “Icyo twasaba ababyeyi ni ukwitonda cyane kuko abana bakunda kujyana na bo mu modoka, bityo rero bakunda no kubakurikira. Umuntu rero yajya abanza akagenzura neza kuko hari n’ubwo usanga umwana yiyicariye munsi y’imodoka cyangwa ashaka kuyurira, hakaba impanuka ari yo mpamvu bagomba kubanza kugenzura mbere yo kugenda”.

Ati “Iteka ni ukugenzura ko nta mwana waba ari hafi kuko impanuka nk’izi zikunze kubaho, bigaterwa ahanini n’uko umuntu ataba yabanje kugenzura ikinyabiziga ngo aharebe niba nta mwana uri hafi”.

Umurambo w’uwo mwana wahise ushyirwa mu buruhukiro, bikaba biteganyijwe ko uri bushyingurwe uyu munsi nk’uko uwo muyobozi yakomeje abivuga.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 23 )

big accident gusa rest in peace kuri uwo muziranenge

ashimwe thierrive yanditse ku itariki ya: 22-11-2021  →  Musubize

Mwizina rya Yesu toka suitability!!!! Mbega ibibazo uyu mu papa ahuye nabyo! Nyamuneka anamuzi mumube hafi kuko intimba yo kwiyicira umwana ntazayikira vuba. Gusa Imana yo nyiribiremwa imukomeze imuhe umutima wihangana

RWATANKIKO CLAUDE yanditse ku itariki ya: 17-07-2020  →  Musubize

Mbega Satan we !!Ubu koko aba babyeyi ko bahuye nikibazo koko ! Uzi kwiyicira umwana wawe

Manu yanditse ku itariki ya: 16-07-2020  →  Musubize

RIP kibondo.
Nihanganishije ababyeyi n’umuryango w’uyu muziranenge.gusa birababaje njye nsomye iyi nkuru ibikoba birankuka nk’umubyeyi.

Amins yanditse ku itariki ya: 16-07-2020  →  Musubize

Yooo Imana itange ihumure kuri uyu umuryango kandi uyu umwana imana imwakire mubayo!

Ganza yanditse ku itariki ya: 15-07-2020  →  Musubize

May his soul rest in peace.birababaje cyane

Blessing yanditse ku itariki ya: 15-07-2020  →  Musubize

Imana itange kwihangana ntakindi umuntu yavugaa. Gusa icyo dusabira aba babyeyi ni ugukomera kandi bakabona ko habaye impanuka mbere ya byose, kuko Satan ashobora kubaca mu rihumye bakabana mu makimbirane.

Ababyeyi mucyo tujye ducungira abana umutekano mu rugo, niba tutanahari ariko tubaze ababasigarana niba ari amahoro.

Reverien yanditse ku itariki ya: 15-07-2020  →  Musubize

Imodoka zizatumara tuzitondere 😢😢😢😭😭 GOD be With Us 🙏🏻🙏🏻

Pato yanditse ku itariki ya: 15-07-2020  →  Musubize

Uwiteka ushobora byose yihanganishe uyu muryango kandi yakire umuziranenge mu bayo. Biteye agahinds

Josephine yanditse ku itariki ya: 15-07-2020  →  Musubize

Yoooo!!birababaje cyane!,gusa Imana ikomeze banobabyeyi bagize ibyago.kandi ikikibondo I kiruhukire mumahoro.

Sophie yanditse ku itariki ya: 15-07-2020  →  Musubize

Uyu mubyeyi wihekuye Imana imuhe imbaraga zo kwihangana kuko ntibyoroshye pe. Ikindi Imana ibashoboze kugumya kubana neza nk’ababyeyi bagize ibyago kuko satani ashobora kubaca mu rihumye akabatandukanya.

Budari yanditse ku itariki ya: 15-07-2020  →  Musubize

Mbega inkuru mbi. Nyagasani ha uyu muryango gukomera

Anny yanditse ku itariki ya: 15-07-2020  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka