Nduhungirehe, Mutsindashyaka, Uwacu Julienne, Rwamurangwa bagarutse mu buyobozi

Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Kanama 2020 yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyize mu myanya abayobozi batandukanye barimo Amb Olivier Nduhungirehe, Mutsindashyaka Théoneste na Uwacu Julienne bahoze muri Guverinoma, ndetse na Rwamurangwa Stephen wayoboraga Akarere ka Gasabo.

Amb Olivier Nduhungirehe
Amb Olivier Nduhungirehe

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga (MINAFFET) ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(kuva muri Kanama 2017- Mata 2020), yongeye guhagararira u Rwanda mu mahanga (Ambasaderi).

Amb Olivier Nduhungirehe yari yagizwe Umunyambanga wa Leta muri MINAFFET yari asanzwe ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi kuva muri 2015, ubu akaba agiye kuruhagararira mu Buholandi asimbuyeyo Amb Jean Pierre Karabaranga waje muri Senegal.

Uwacu Julienne
Uwacu Julienne

Uwacu Julienne na we wari Minisitiri w’Umuco na Siporo kuva muri Gashyantare 2015 kugera mu Kwakira 2018, yagizwe Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Ikigega cya Leta cyo gushyigikira no gutera inkunga abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi(FARG).

Théoneste Mutsindashyaka
Théoneste Mutsindashyaka

Théoneste Mutsindashyaka na we wigeze kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi kugeza muri 2009, yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Congo (Brazzaville).

Rwamurangwa Stephen
Rwamurangwa Stephen

Rwamurangwa Stephen wari Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo kugera muri Gashyantare 2020 yagizwe Umuhuzabikorwa w’Umushinga ukorana n’Ikigega mpuzamahanga giteza imbere ubuhinzi (SPIU/IFAD-Rwanda) muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI).

Uretse aba bagarutse kuba abayobozi, ibigo bya Leta bitandukanye na byo byahawe abakozi, abayobozi b’amashami ndetse n’abagize Inama y’Ubutegetsi.

Dore imyanzuro yose y’Inama y’Abaminisitiri yaraye iteranye

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 14 )

Mutsindashyaka mwifurije imirimomyiza imana imuhe ubwenge nimbaraga

..

Saidi yanditse ku itariki ya: 18-08-2020  →  Musubize

Congs kuri Rwamurangwa Steven ni umusaza nikundira kabisa.

Kayitare yanditse ku itariki ya: 18-08-2020  →  Musubize

Ndifuriza mutsindashyaka akazi keza nokugumya kwaguka nubumuntu muziho azabukomeze Imana imwongerere kurama imuhebwenge akunda umurimo akunda abakozi Kandi akabaha nagaciro

Jyenitwa Augustin mutsindashyaka numuntu wumugabo akunda abakozibe Kandi agira ukuri ninumusirimu mubintubye byose ndamukunda nubwo atanzi jyeyara nkoresheje mumugi wakigari Imana imwongerere kurama nubwenge yanditse ku itariki ya: 18-08-2020  →  Musubize

Rwamurangwa,welcome kbs

Nshimyimana thacien yanditse ku itariki ya: 17-08-2020  →  Musubize

Wabanye nabaturage no muri Gasabo neza tukwifurije ihirwe mumirimo mishya muri minagri

MUGABO yanditse ku itariki ya: 16-08-2020  →  Musubize

Wabanye nabaturage no muri Gasabo neza tukwifurije ihirwe mumirimo mishya muri minagri

MUGABO yanditse ku itariki ya: 16-08-2020  →  Musubize

Congratulations RWAMURANGWA Steven

Jonathan NSHIMYE yanditse ku itariki ya: 16-08-2020  →  Musubize

Rwamurangwa tumwifurije imirimo myiza kandi Imana izabimufashemo.

Mananzima yanditse ku itariki ya: 16-08-2020  →  Musubize

Turashimira Rwamurangwa umuyobozi wakarere kagasabo
Ntacyo atakoze gs akwiye gushimirwa imana ijye ihora imuzamurira ashimwe kuko
Akundi I’mana cyane nabo ayobora turamushima cyane I’mana ikomeze inshinganoze
Igihe cyose azaba arumuyobozo
Ni Murebwayire Antoinette umuturage womu karere kagasabo umurenge wa ndera
Akagari masoro umudugudu munini

Murebwayire Antoinette yanditse ku itariki ya: 15-08-2020  →  Musubize

Rwamurangwa congs, muyobozi mwiza,dufashe utuzamurire nimishinga yubuhinzi

Turakwizeye

Pacifique yanditse ku itariki ya: 15-08-2020  →  Musubize

Ninyiza kubagatutse mubuyobozo barusheho gukunda nogukorera igihugu kilo imyanyaniyabanyarwanda iyo uvuyeho atahemutse wanasubiraho kandi nunavaho suko bakwanze buriwese ushoboye yakora kirazira kuva kumwanya ugahinduka umwanzi tujye tubimenya bagire imirimo inoze Bita kunshingano bahawe

Bisengimana justin yanditse ku itariki ya: 15-08-2020  →  Musubize

Yoooo! Imana izabashoboze kandi imirimo bagiyemo bazahahagarare gitwari nki ntore zu Rwanda

Kamugisha Eric yanditse ku itariki ya: 15-08-2020  →  Musubize

Rwamurangwa bravo kandi ukomeze zandangagaciro zawe kuva ukiri na modern kayonza. Byiza cyane.

Jojo yanditse ku itariki ya: 15-08-2020  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka