Mbakumbuze Ikidoge, Igikonari, Arboretum, Viet, Audi, kwa Gicumba no ku Ijuru rya Kamonyi

Benshi mu bize muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye ikiri Kaminuza imwe Nkuru y’u Rwanda, bakumbuye kubona uko isigaye isa no kubona uko inkengero zayo zisigaye zimeze. Hari na benshi bafite amatsiko yo kumenya bimwe mu bice byayo byavuguruwe cyangwa se ibishya byahubatswe. Kigali Today irabamara ayo matsiko mu mafoto.

Batiment Central, ifatwa nk'irangamuntu ya Kaminuza
Batiment Central, ifatwa nk’irangamuntu ya Kaminuza
Urundi ruhande rwa Batiment Central rugana ku macumbi y'abakobwa
Urundi ruhande rwa Batiment Central rugana ku macumbi y’abakobwa
Hagati muri Batiment Central
Hagati muri Batiment Central
Harimo ubusitani bubereye ijisho
Harimo ubusitani bubereye ijisho
Audi Levesque iherereye muri Batiment Central
Audi Levesque iherereye muri Batiment Central
Auditorium iberamo ibitaramo, inama ndetse ikanerekanirwamo filime
Auditorium iberamo ibitaramo, inama ndetse ikanerekanirwamo filime
Imbere muri Audi hicaramo abasaga 1500
Imbere muri Audi hicaramo abasaga 1500
Hejuru aho hitwa mu gikonari
Hejuru aho hitwa mu gikonari
Bibliotheque ya Kaminuza nta Munyeshuri utarayikandagiyemo yiga cyangwa ajya gutira ibitabo
Bibliotheque ya Kaminuza nta Munyeshuri utarayikandagiyemo yiga cyangwa ajya gutira ibitabo
Ivuriro rya Kaminuza y'u Rwanda
Ivuriro rya Kaminuza y’u Rwanda
Aho ishami ry'ubumenyi ryigira (Sciences Department)
Aho ishami ry’ubumenyi ryigira (Sciences Department)
Aha ni ho abiga icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu Ikoranabuhanga bigira
Aha ni ho abiga icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu Ikoranabuhanga bigira
Iki kigega aho uri hose muri Huye uba ukitegeye
Iki kigega aho uri hose muri Huye uba ukitegeye
Iyi modoka irambye muri iyi kaminuza
Iyi modoka irambye muri iyi kaminuza
Iyi modoka izwi cyane nka "Don de Son Excellence"
Iyi modoka izwi cyane nka "Don de Son Excellence"
Aha ni ho binjirira bagana muri Kaminuza
Aha ni ho binjirira bagana muri Kaminuza
Uri kwinjira muri Kaminuza wakirwa n'amacumbi yitiriwe Bengazi
Uri kwinjira muri Kaminuza wakirwa n’amacumbi yitiriwe Bengazi
Wigiye imbere gato uhura n'ishuri ryigirwamo ICT, abenshi mu bize mu bihe bya Kera ntaryo bahasize
Wigiye imbere gato uhura n’ishuri ryigirwamo ICT, abenshi mu bize mu bihe bya Kera ntaryo bahasize
Iyi nyubako nayo abize kera ntibayizi kuko yubatswe mu myaka ya vuba , ikaba ikorerwamo ubushakashatsi
Iyi nyubako nayo abize kera ntibayizi kuko yubatswe mu myaka ya vuba , ikaba ikorerwamo ubushakashatsi
Ibi biro by'Umuhuzabikorwa wa Kaminuza benshi barabyibuka
Ibi biro by’Umuhuzabikorwa wa Kaminuza benshi barabyibuka
Aka kayira kagana kuri Serivice aux Etudiants
Aka kayira kagana kuri Serivice aux Etudiants
Services aux Etudiants
Services aux Etudiants
Iyi nyubako benshi bibuka Cyber Café bajyaga gufotozamo notes
Iyi nyubako benshi bibuka Cyber Café bajyaga gufotozamo notes
Abize kera bahazi nko ku biro bya AGEUNR ubu ni ibiro bya NURSU
Abize kera bahazi nko ku biro bya AGEUNR ubu ni ibiro bya NURSU
Ibibuga bya volley na Basket
Ibibuga bya volley na Basket
Uyu munyinya w'inganzamarumbo abize muri Kaminuza bawumviragamo amahumbezi
Uyu munyinya w’inganzamarumbo abize muri Kaminuza bawumviragamo amahumbezi
Iyi nzu nayo ifasha benshi kubona aho bafotoza notes
Iyi nzu nayo ifasha benshi kubona aho bafotoza notes
Gymnase
Gymnase
Ugana muri Gymnase uhura na Biyari irambye ahangaha
Ugana muri Gymnase uhura na Biyari irambye ahangaha
Imbere muri Gymnase
Imbere muri Gymnase
Ukomeje iyi nzira ugera kuri Stade ya Kaminuza
Ukomeje iyi nzira ugera kuri Stade ya Kaminuza
Aka kazu gatuyemo abashinzwe umutekano wa Kaminuza gaherereye mu ishyamba rya Arboretum
Aka kazu gatuyemo abashinzwe umutekano wa Kaminuza gaherereye mu ishyamba rya Arboretum
Caisse d'Entraide y'abakozi ba Kaminuza
Caisse d’Entraide y’abakozi ba Kaminuza
Auto Ecole yigisha abanyeshuri gutwara imodoka
Auto Ecole yigisha abanyeshuri gutwara imodoka
Arboretum ifasha benshi kwiherera basubiramo amasomo, baruhuka abandi batereta
Arboretum ifasha benshi kwiherera basubiramo amasomo, baruhuka abandi batereta
Cantine ya Kaminuza uku niko isigaye imeze kuko ntigikora
Cantine ya Kaminuza uku niko isigaye imeze kuko ntigikora
Resitora Ikiyanja
Resitora Ikiyanja
Resitora Igikonari
Resitora Igikonari
Resitora Ikidoge
Resitora Ikidoge
Misereor
Misereor
Cambodge
Cambodge
Abize Kaminuza bose bazi aka gasozi kitiriwe Zitoni (Mont Zitoni)
Abize Kaminuza bose bazi aka gasozi kitiriwe Zitoni (Mont Zitoni)
Ingazi ziva i Cambodge zigana Batiment Central
Ingazi ziva i Cambodge zigana Batiment Central
Ahahoze ishuri ry'Itangazamakuru n'itumanaho (EJC)
Ahahoze ishuri ry’Itangazamakuru n’itumanaho (EJC)
Viet
Viet
Nyarutarama
Nyarutarama
TITANIC
TITANIC
Ababaye mu muryango wa AERG UNR bazi akamaro k'iyi nzu
Ababaye mu muryango wa AERG UNR bazi akamaro k’iyi nzu
Icapiro rya Kaminuza
Icapiro rya Kaminuza
Urwibutso rwa Jenoside rwa Kaminuza
Urwibutso rwa Jenoside rwa Kaminuza
Ijuru rya Kamonyi ku Mukoni benshi mu bize Kaminuza bahanywereye agacupa
Ijuru rya Kamonyi ku Mukoni benshi mu bize Kaminuza bahanywereye agacupa
Nta wize Kaminuza utazi umugabo witwa Sebukangaga. Iyi ni Barthos Hotel ye
Nta wize Kaminuza utazi umugabo witwa Sebukangaga. Iyi ni Barthos Hotel ye
Agahanda k'Imadina mu nzira yabagamo utu resitora twinshi abanyeshuri bafatiragamo amafunguro
Agahanda k’Imadina mu nzira yabagamo utu resitora twinshi abanyeshuri bafatiragamo amafunguro
I Madina habaga uturesitora twinshi hakanaba amacumbi abanyeshuri baturagamo
I Madina habaga uturesitora twinshi hakanaba amacumbi abanyeshuri baturagamo
Macrobiotique, resitora izwiho kugira ifunguro ryihariye iyo wariryaga ngo wameraga nkaryo
Macrobiotique, resitora izwiho kugira ifunguro ryihariye iyo wariryaga ngo wameraga nkaryo
Kwa Wariraye naho harazwi cyane
Kwa Wariraye naho harazwi cyane
Aha hahoze hakorera Mutuelle de Sante ya Kaminuza
Aha hahoze hakorera Mutuelle de Sante ya Kaminuza
kuri Rectorat, ahahoze higira ishami ry'amategeko
kuri Rectorat, ahahoze higira ishami ry’amategeko
Amacumbi yitwaga VUBA ubu ntabantu bakihaba
Amacumbi yitwaga VUBA ubu ntabantu bakihaba
Kwa Bihira naho harazwi cyane muri Huye
Kwa Bihira naho harazwi cyane muri Huye
Aha benshi bahibukira ko ariho Horizon na Volcano byahagararaga mbere Gare itarubakwa
Aha benshi bahibukira ko ariho Horizon na Volcano byahagararaga mbere Gare itarubakwa
Imberabyombi
Imberabyombi
Ibis abaheruka Huye kera basize itaravugururwa gutya
Ibis abaheruka Huye kera basize itaravugururwa gutya
Hotel Faucon yo hari benshi bayiheruka ikoreramo akamodoka kitwaga Melo Twist ubu yarafunze
Hotel Faucon yo hari benshi bayiheruka ikoreramo akamodoka kitwaga Melo Twist ubu yarafunze
Aka gataje abize mu gihe cya Kera baribuka resitora yakabagamo
Aka gataje abize mu gihe cya Kera baribuka resitora yakabagamo
Mu gisaza akabari kanditse izina mu Mujyi wa Huye
Mu gisaza akabari kanditse izina mu Mujyi wa Huye
Gratia Bar aha naho harazwi cyane mu tubari twanywerewemo cyane Huye
Gratia Bar aha naho harazwi cyane mu tubari twanywerewemo cyane Huye
kwa Gicumba wamamaye cyane mu Kabenzi
kwa Gicumba wamamaye cyane mu Kabenzi
Chinese Restaurant ituranye n'ahahoze hitwa kwa Venant
Chinese Restaurant ituranye n’ahahoze hitwa kwa Venant
Amacumbi y'ababikira yitiriwe Gereza ya Fox River
Amacumbi y’ababikira yitiriwe Gereza ya Fox River
Ishami ryigisha iby'Ubuhinzi
Ishami ryigisha iby’Ubuhinzi
I Mamba amashuri yigirwamo Ubumenyi n'Ikoranabuhanga
I Mamba amashuri yigirwamo Ubumenyi n’Ikoranabuhanga
Kiza, amacumbi yacumbikiraga abanyeshuri biga ubuvuzi
Kiza, amacumbi yacumbikiraga abanyeshuri biga ubuvuzi
Uyu ni umuryango winjira mu ishami ryigisha ubuhinzi
Uyu ni umuryango winjira mu ishami ryigisha ubuhinzi
Paroisse ya Kaminuza abayiheruka yari itaravugururwa
Paroisse ya Kaminuza abayiheruka yari itaravugururwa
Linda, amacumbi yacumbikirwagamo cyane abiga mu ishami ry'Ubuhinzi
Linda, amacumbi yacumbikirwagamo cyane abiga mu ishami ry’Ubuhinzi
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 22 )

urahadukumbje cyane kabisa, ubutaha muzatugerere hirya na za gateme, rango, ngozi, tumba ku munara, kwa josee, kuri salus,kuri EPLM, n’ahandi henshi.
ikindi gitekerezo nkuyemo nuko hari umutungo wa leta bigaragara ko udakoreshwa kandi wagakwiye kubyazwa umusaruro, urugero ni ariya mazo yakoreshwaga nk’amacumbi n’andi atandukanye atagikoreshwa.
naho ubundi mwakoze kudutambagiza icyahoze ari kaminuza nkuru y’u Rwanda, itumye nibuka amateka menshi twahaboneye.

elie yanditse ku itariki ya: 27-06-2018  →  Musubize

Nukuri murakoze kongera kudukumbuza NUR kabisa muri abantu babagabo! Kaminuza yari iyi naho abandi barabeshya! Ariko mufata aya mafoto INKENDE zari zagiye he?

MURENZI Theoneste yanditse ku itariki ya: 27-06-2018  →  Musubize

Umunyamakuru wafashe aya mafoto yabikoranye ubuhanga nukuri adukumbuje I Butare

Alias Binya yanditse ku itariki ya: 27-06-2018  →  Musubize

Ndagushimiye cyane muvandimwe mwiza,unyibukije amateka y’i Ruhande kwa Mpandahande Kaminuza imwe itunganye. Mbega amafoto meza,mbonye Restorant mpita nibuka bya bisoro twariragaho, mbonye Mont Zitoni nibuka Kagina. Yewe ni Karahanyuze ubwa cya kiganiro cya ya Radio yadusabanishaga ikadususurutsa ikazamura ibyamamare ikabigira ubukombe "Salus". Reka nsoze ngushimira ubwo bushakashatsi wakoze wongera kudukumbuza ku gicumbi cy’ubwenge,komeza usugire usagambe. Suhuza Gentil Gedeon na Prudence.

eric yanditse ku itariki ya: 27-06-2018  →  Musubize

Ko mutatweretse agronomie

Marie yanditse ku itariki ya: 27-06-2018  →  Musubize

Twibutse ahatekerwaga umugati uryoshye bahitaga muri cafteriat

Alias yanditse ku itariki ya: 26-06-2018  →  Musubize

Urakoze munyamakuru kutwibutsa UNR.Gusa abahize kera batatiye intego yayo "Illuminatio Salus Populi".Bisobanura ngo urumuri ni agakiza ka rubanda.Abahize benshi nibo bapanze Genocide muli 1994.Barimo chef wabo president Sindikubwabo Theodore wahize mbere y’abandi.Ikibazo nuko n’abitwa ngo bashinzwe Roho z’abantu nabo usanga bivanga mu byisi,cyane cyane politike bitwaje Bible.Kandi nubu niko bimeze.Mujye mureba ukuntu abanyamadini bivanga muli politike.Nabo baba bishakira indonke kandi Yesu yarabitubujije.Abakristu nyakuri yabasabye kumwigana bakajya mu nzira no mu ngo kubwiriza ubwami bw’imana kandi ku buntu nkuko Yohana 14:12 na Matayo 10:8 havuga.Moral Values zisigaranye abantu bake cyane.Amadini na Universities ntabwo bihindura abantu beza.Kubera kwishakira ibyisi:Ubukire,ibyubahiro na politike.Niyo mpamvu isi ikomeza kuba mbi kuzageza ku munsi w’imperuka.

Kananga yanditse ku itariki ya: 26-06-2018  →  Musubize

Kananga, uravuga nk’uwavumbye amateka yaho! Intego ya UNR ntiyari "Illuminatio Salus Populi" ahubwo yari "Illuminatio et Salus Populi". Ibi ntibisobanura "urumuri ni agakiza ka rubanda" ahubwo bisobanura "urumuri n’agakiza bya rubanda". Ntago waba waranyuze hariya ngo ukocamishe ibintu utya, ahubwo urahiyitirira!

Rwema yanditse ku itariki ya: 27-06-2018  →  Musubize

Wowe witwa Rwema,urakoze gukosora KANANGA.Ariko se wasomye inkuru yose yanditse?Urugero,hariya avuga ko abantu bize cyane n’abanyamadini aribo batuma iyi si iba mbi?Uremera ko abize muli UNR mbere ya 1994 abenshi aribo bateguye Genocide?Bityo bakaba baratatiye iriya Devise ya UNR "Illuminatio et Salus Populi"?Bayihinduye "UMUHORO ni agakiza ka rubanda".

Bahati yanditse ku itariki ya: 27-06-2018  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka