Ku wa Mbere ni Umunsi w’Ikiruhuko – MIFOTRA

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2020 ari Umunsi w’Ikiruhuko, kubera ko Umunsi mukuru wa IDDIL-EL-FITRI wahuriranye n’impera z’icyumweru.

Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo itangaje iki kiruhuko nyuma y’uko Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda (RMC) butangaje ko Umunsi mukuru usoza igisibo gitagatifu cy’ukwezi kwa Ramadhan umwaka wa 2020 uteganyijwe ku Cyumweru tariki 24 Gicurasi 2020.

Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda uvuga ko igikorwa cyo kuyobora isengesho rya Iddi-El Fitri kizabera kuri Televiziyo ya RBA guhera saa moya za mugitondo kugeza saa mbili z’amanywa (07h00-08h00).

Ubuyobozi bw’Abayisilamu mu Rwanda kandi bwaboneyeho kumenyesha Abayisilamu ko mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19, amasengesho bazayakorera mu ngo zabo hamwe n’imiryango yabo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Gukora isumabumenyi rihugura abazakora ikizamini cy’akazi k’uburezi muri Ngoma.

Muhire Damien yanditse ku itariki ya: 6-10-2021  →  Musubize

Gukora isumabumenyi rihugura abazakora ikizamini cy’akazi k’uburezi muri Ngoma.

Muhire Damien yanditse ku itariki ya: 6-10-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka