Insengero nizikomorerwa hari abateganya kuzongera gutanga igaburo ryera nyuma ya COVID-19
Hari bamwe bavuga ko gutanga ifunguro ryera cyangwa se igaburo ryera bishobora kuzaba nyuma ya Covid-19 kubera ko hari aho bizabangamira ukwemera kwa bamwe.

Ibi ni ibyatangajwe n’umwe mu bashumba b’itorero ry’abapantekote rikorera mu Mujyi wa Kigali, mu gihe hitegurwa isubukurwa ry’ibikorwa by’insengero, kiliziya ndetse n’imisigiti.
Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Nyakanga, Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu ifite mu nshingano amadini n’amatorero yashyize hanze inyandiko ikubiyemo amabwiriza agomba kuzakurikizwa n’insengero igihe zizaba zafunguye.
Amwe muri ayo mabwiriza harimo gutanga igaburo ryera mu buryo bwo kwihereza (self-service), kwambara udupfukamunwa mu gihe baririmba ndetse banabwiriza.
Umushumba w’itorero ry’abapantekoti mu Rwanda Mujyambere atangaza ko mu gihe insengero zizaba zafunguye, ikijyanye n’igaburo ryera kizaba kitaboroheye aho bigoranye bashobora kuryihorera bakazajyanwa mw’ijuru n’iryo bariye.
Yagize ati “Tuzareba niba gutanga igaburo abantu bihereza, cyangwa ku kayiko bishoboka, ariko bitewe no kwizera kwa muntu abona bitameze neza, ashobora kuvuga ati nzongera gufata igaburo ryera coronavirusi yararangiye nitarangira nkazajyanwa mu ijuru niryo nariye.”
Akomeza avuga ko amabwiriza yo agomba gukomeza kubahirizwa kubazafata igaburo ryera cyangwa se n’abazahitamo kurireka kuko rizaba ribangamiye imyerereyabo kandi ridakurikiza ibisabwa n’ijambo ry’Imana ryo muri Bibiliya.
Yagize ati “Erega kuyubahiriza harimo uburyo bubiri, hari ukuba wowe ushobora gufata igaburo ryera uko uko amabwiriza yanditse, wakumva utabishobora ntubikore byose nabwo uzaba uyubahirije, kuko uritanze uko bidategetswe waba uri kwanduza abantu.”
Kigali Today yagerageje kuvugana n’umuvugizi wa kiliziya gatolika ngo atubwire uko biteguye guhaza abakiristu ntitwabasha kumubona kuri telephone ye igendanwa.
Inkuru zijyanye na: Coronavirus
- Perezida Museveni wa Uganda bamusanzemo COVID-19
- Bangladesh: Habonetse abantu 68 banduye COVID-19 mu masaha 24
- #COVID19: Abantu 32 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 11,440
- #COVID19: Abantu 27 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 9,528
- #COVID19: Abantu 28 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 9,555
- #COVID19: Abantu 23 banduye mu cyumweru babonetse mu bipimo 8,951
- #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,212
- #COVID19: Nta muntu wanduye mushya mu bipimo 1,215
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,290
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,131
- #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,224
- #COVID19: Abantu batanu banduye babonetse mu bipimo 1,515
- #COVID19: Abantu 6 banduye babonetse mu bipimo 974
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,828
- #COVID19: Abanduye batatu babonetse mu bipimo 2,071
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,500
- #COVID19: Abantu babiri banduye babonetse mu bipimo 1,467
- #COVID19: Umuntu umwe wanduye yabonetse mu bipimo 1,207
- #COVID19: Nta muntu wanduye mushya mu bipimo 1,328
- #COVID19: Umuntu umwe yitabye Imana, abanduye ni 2,195
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Ndabona gutanga igaburo bigoye bazabyigaho barafunguriwe