Yahitanywe n’insinga z’amashanyarazi zari aho yahiraga ibyatsi

Uwitwa Jean Marie Vianney Mutabaruka wo mu Karere ka Huye, yapfuye azize kuboneza icyuma yahirishaga ibyatsi mu rusinga rw’amashanyarazi rutabye.

Byabereye mu nkengero z’umuhanda wa kaburimbo unyura mu gasantere kazwi nko mu Gahenerezo, aho yahiraga ibyatsi hauguru y’umuhanda.

Iki gice cyose ngo kirimo insinga zidatabye. Ni cyo Mutabaruyka yaguyemo, ni na cyo Ndagijimana yafatiwemo n'amashanyarazi.
Iki gice cyose ngo kirimo insinga zidatabye. Ni cyo Mutabaruyka yaguyemo, ni na cyo Ndagijimana yafatiwemo n’amashanyarazi.

Bagenzi be na bo b’abashumba bari kumwe bahira, bavuga ko yashyize najoro mu rusinga rwavuyeho ibikumizamuriro. Umwe ati “Umuriro wamutigishije tugiye kubona tubona araguye.”

Abatuye muri aka gace bavuga ko uretse aho Mutabaruka yapfiriye, n’igice gisigaye kiriho ibyatsi cyo hejuru y’umuhanda na cyo kirimo insinga zitari kure, ku buryo n’ubundi abatahitondera bahapfira.

Delphin Mutunzi ati “Muri biriya byatsi hose harimo insinga zitatabitswe mu butaka.”

Ndagijimana yerekana aho amashanyarazi yamufatiye.
Ndagijimana yerekana aho amashanyarazi yamufatiye.

Augustin Ndagijimana nawe uhatuye avuga ko yigeze gufatirwa n’amashanyarazi muri ibyo byatsi. Ati “Nahakoraga isuku, nkandagiye numva kiranshituye kinaga muri rigori. Namaze icyumweru mu buriri nararembye.”

Ruguru gato y’aho Mutabaruka yaguye, mu muhanda uturuka mu Gahenerezo ugana aho bita i Nyanza, hari ahantu hari insinga zishinyitse mu muhanda. Abahaturiye bavuga ko zibahangayikishije cyane kuko abana bajya bakinira hafi yazo.

Emmanuel Rukundo, yerekana izo nsinga ati “Urabona ko ziri ahamanukira umuvu. Bijya bicumba umwotsi, EWSA ikaza igapfundikanya, ikabisiga biri hejuru ikigendera.”

Ruguru gato y'aho Mutabaruka yaguye, hari insinga zishinyitse mu muhanda.
Ruguru gato y’aho Mutabaruka yaguye, hari insinga zishinyitse mu muhanda.

Icyifuzo cy’abatuye muri aka gace, ni uko REG yazamura izi nsinga ikazishyira mu kirere nk’uko imaze igihe yarabibasezeranyije, mu gihe zitarazamurwa ahari insinga zishobora guteza impanuka mu byatsi hagashyirwa ibimenyetso.

Jean Pierre Maniraguha uyobora ishami ry’amashanyarazi mu Karere ka Huye, avuga ko ibi bibazo bituruka ku bajura biba insinga zica mu butaka, bo bakagerageza gusanasana kugira ngo abantu bakomeze babone amashanyarazi.

Ati “Uyu muyoboro uri mu yo tugomba gusana muri iyi ngengo y’Imari. Insinga tuzazishyira mu kirere nk’uko twabikoze ahandi hafi aha.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

EWSA yihutirekwita,kuri icyo kibazo,ayo masinga yatumaraho.kuyataba biragoye bayatabe! niBENIMANA,BURERA district ,Rusarabuye sector.MURAKOZE

BENIMANA Benjamin yanditse ku itariki ya: 24-01-2016  →  Musubize

Abagize Ibyago Bakomeze Kwihangana Ariko Tunabasaba Ko Mwafasha Abasigaye Maze Izo Nsinga Zikanyura Mukirere. Kuko Wafata Nabagenzi Imvura Yaguye Cyangwa Se Baka Narunyarira.

Alias yanditse ku itariki ya: 24-01-2016  →  Musubize

Biteye ubwoba kuko insinga z’amashanyarazi zirashinyitse uwabageza tumba mwakumirwa.Reg yisubireho irebe uko yabigenza

Nick yanditse ku itariki ya: 24-01-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka