Yagonzwe n’ikamyo ya UNHCR mu Nkambi ya Gihembe imuca akaguru
Ngabonziza Aimé Serge, umwana wo mu kigero cy’ imyaka nka 12, akaba mwene Bizimungu Athanase na Jamaal Devothe, nyuma yo kugongwa n’ikamyo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye (UNHCR), ku wa gatandatu tariki 07 Gashyantare 2015 ikamuca akaguru none ubu akaba arwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali ngo ahangayikishijwe n’ikibazo cy’imibereho.
Kuri ubu Ngabonziza n’umurwaza we ngo ntibabona ibibamutunga bihagije bakaba banafite ikibazo cy’uko azabona insimburangingo dore ko ababyeyi bahungiye mu Rwanda bavuye muri Congo bakaba baba mu Nkambi y’Impunzi ya Gihembe iri mu Kagari ka Gihembe, Umurenge wa Kageyo ho mu Karere ka Gicumbi.

Jamaal Devothe, umubyeyi wa Ngabonziza umurwaje, avuga ko umuhungu we yagonzwe n’ikamyo ya UNHCR ubwo yari igemuye amazi muri iyo nkambi.
Agira ati ’’ Uyu muhungu wacu yagonzwe n’ikamyo ya HCR isanzwe igemura amazi mu nkambi ku wa gatandatu saa tatu z’amanywa imushwanyaguza akaguru k’iburyo, ahita ajyanwa n’imodoka ya MIDIMAR mu bitaro bya Gicumbi, aho atatinze kuko bahise bamwohereza mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK ubu akaba ariho arwariye.’’
Bakigera muri CHUK, umubyeyi wa Ngabonziza Aimé Serge, yatangaje ko birwanyeho umwana agashyirwa mu bitaro akaguru bakagaca kuko kari kashwanyaguritse.
Kuva icyo gihe kugeza kuri uyu wa kabiri tariki 10 Gashyantare 2015 ngo akaba ari bwo batangiye kwitabwaho na AHA (African Humanitarian action), umwe mu miryango y’abafatanyabikorwa ba UNHCR wita ku buzima bw’impunzi zirwariye hanze y’inkambi.

Jamaal Devothe akomeza atangaza ko n’ ubwo uyu muryango ubitaho ku bijyanye n’ubuvuzi ndetse n’amafunguro, ngo amafunguro bahabwa adahagije kandi ngo akaba ari amafunguro asanga adakwiye guhabwa umurwayi w’umwana uri ku miti.
Avuga ko amafunguro bamuha ari umuceri, ibishyimbo n’ibitoki bidahinduka mu gihe ngo yagombye guhindurirwa amafunguro kandi akanabona imbuto kugira ngo bimwongerere imbaraga kuko aterwa inshinge za buri munsi.
Ikindi kandi ngo birwanaho ku bikoresho by’isuku none ubushobozi burimo kubashirana dore ko nk’impunzi ari nta handi bakura.
Jamaal Devothe akaba asaba uwo ari wese washobora kugira icyo abamarira kubagoboka kugira ngo bashobore kuba muri ubwo buzima bwo mu bitaro avuga ko butoroshye kandi ngo bikaba bigaragara ko bazabubamo igihe kinini.
Akomeza avuga ko umuhungu we, Ngabonziza wigaga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, yamugaye akiri muto azize impanuka none akaba yifuza ko abagiraneza bamufasha akazabona insimburangingo zamufasha kongera kugenda namara gukira igikomere cy’akaguru kacitse.
MIDIMAR ngo ikibazo cya Ngabonziza irakizi kandi irimo kugikurikirana
Mu kiganiro na Rwanyonga David, Umuyobozi w’Inkambi ya Gihembe akaba n’umukozi wa minisiteri ifite mu nshingano zayo ibiza n’impunzi (MIDIMAR), na we yemeza koko Ngabonziza yagonzwe n’imodoka ya UNHCR isanzwe igemura amazi muri iyo nkambi, ngo bagahita bamukorera ubutabazi bwihuse kugira ngo abanze avuzwe kandi bakanakurikirana iyi modoka kugira ngo ubwishingize buzishyure uyu mwana.
Rwanyonga avuga kandi ko ubusanzwe UNHCR yita ku mpunzi ziri mu nkambi, ariko ikaba ifite abafatanyabikorwa bayo barimo AHA, bita ku buzima bw’impunzi ziba zirimo kuvurirwa hanze y’inkambi. Ngo akaba kugeza ubu ari yo iri kubitaho, gusa MIDIMAR na yo ngo ikaba igiye gukurikirana niba batitabwaho uko bikwiye kugira ngo bibe byakosorwa.
NUwakwifuza gufasha uyu mwana yahamagara umubyeyi we umurwaje witwa Jamaal Devoth kuri iyi numero: MTN: 0785809715
TIGO: 0726453551
Roger Marc Rutindukanamurego
Ibitekerezo ( 35 )
Ohereza igitekerezo
|
Imana niyo izi byose kandi niyo izi byose mwihangane imana iraca inzira
Umuryango we wihangane imana niyo izi byose uzabafasha mumi bereho yanyu
Bihangane imana ikomeze kubananabo kandibazarwarire gukira
Mubyukuri birababaje kumva umwana uri munsi yimyaka cumi nibiri agira impanuka bene kariya kageni mwihangane arabamuzi ndetse namwe mutamuzi gusa icyingenzi nuguhumuriza umuryango ndetse na ngabo nawe akeneye abamuba hafi kuko ntago ubuzima buhagariye ahangaha mwihangane mwese kand imana iramuzi.
Ndababaye cyanecyane njyewe mbamuri America ahantu bita new York gusa kuba uwo mumama byamugendekeye gutyo yihangane Imana irikumureba mubuzima habaho kubabara nokwihangana
Batitaye ko Ari ikamyo ya HCR yamugonze ubwishingizi bugombe bwisyure uwomwana ks bamushakire insimbura ngingo
Mukomere kandi mwihangane Uwiteka murikumwe
bakurikirane iyo modoka kugirango insurance ihe indishyi uwo umwana
abone ibimutunga n’insimburangingo
Uyu muryango ni wihangane pe Imana iwuri hafi wumve ukomeye
Nihanganishije umuryango wuwo umwana wakoze impanuka imana ukomeze ibane nabo
Imana yonyine iraca inzira
mwihangane pe