Umugoroba w’ababyeyi nugirwe umuco nk’uko umuganda wabaye umuco wacu-Madame Jeannette Kagame

Umufasha wa perezida wa repubulika y’u Rwanda madamu Jeannette Kagame arasaba ababyeyi n’Abanyarwanda muri rusange guha agaciro gahunda y’Umugoroba w’Ababyeyi, kugeza ubwo bibaye umuco nk’uko no gukora umuganda byabaye umuco w’Abanyarwanda.

Ubwo yatangizaga ku mugaragaro ukwezi kw’umugore n’utugoroba tw’ababyeyi kuri uyu wa gatanu tariki ya 08/03/2013 ku munsi mpuzamahanga wahariwe umugore n’umukobwa, madame Kagame yavuze ko gahunda y’umugoroba w’ababyeyi ikwiye guhabwa agaciro ikwiriye.

Madamu Jeannette Kagame ati : “Umugoroba w’ababyeyi nugirwe umuco nk’uko gukora umuganda ubu bimaze kuba umuco wacu, bizagere aho bibyara umugobora w’umuryango aho ababyeyi n’abana bahura bakaganira no ku iterambere ryabo.”

Umufasha w'Umukuru w'igihugu yahembye abana b'abakobwa bitwaye neza mu mashuri no mu burere.
Umufasha w’Umukuru w’igihugu yahembye abana b’abakobwa bitwaye neza mu mashuri no mu burere.

Muri iyi gahunda y’Umugoroba w’Ababyeyi, barahura bakungurana inama ku bijyanye n’imirire myiza, gahunda zo guhuza ubutaka n’iterambere ry’umuryango muri rusange.

Abakobwa nibarusheho kwizera ko bashoboye kandi bishoboye

Mu magambo ye, Madame Jeannette Kagame yagize ati: “Ndongera kubasaba nkomeje bana b’abakobwa guhindura imyumvire no kwizera ko mushoboye kandi mwishoboye bityo mwirinde uwahungabanya icyerekezo mwihaye uwo ariwe wese.”

Madamu Jeannette Kagame arasaba ababyeyi kwimakaza urugwiro n'ubwisanzure mu bana barera.
Madamu Jeannette Kagame arasaba ababyeyi kwimakaza urugwiro n’ubwisanzure mu bana barera.

Umufasha w’umukuru w’igihugu yaboneyeho kwibutsa abakobwa ko igihugu cyakoze ibyo gishoboye kikabaha amahirwe angana n’ay’abana b’abahungu, bityo abasaba gushyiraho akabo, bagatsinda ndetse benshi bakaboneka mu kiciro cya mbere cy’imitsindire aho kwibanda mu cya gatatu n’icya kane.

Ibi madame Kagame yavuze ko bishoka kuko abakobwa bafite ingero za bakuru babo batsinze neza bazwi ku izina ry’inkubito z’ikeza, kuri ubu bahembwe ibikoresho bitandukanye ibirimo iby’ishuri, za mudasobwa n’amahugurwa yo kuzikoresha hakurikijwe icyiciro buri wese arimo.

Umufasha w'Umukuru w'igihugu yahembye abana b'abakobwa bitwaye neza mu mashuri no mu burere.
Umufasha w’Umukuru w’igihugu yahembye abana b’abakobwa bitwaye neza mu mashuri no mu burere.

Umuhoza Mireille, umwe mu bakobwa babaye inkubito z’ikeza zahembwe akaba arangije amashuri yisumbuye, yavuze ko guhembwa mu nkubito z’ikeza byamutunguye, gusa ngo byaturutse ku gukora cyane, nk’uko madame Jeannette Kagame ahora abibakangurira, cyane ko yari yabonye bagenzi be bahembwe ubwo barangizaga ikiciro rusange.

Abayobozi b’igibo by’imfubyi nibumve akamaro ka gahunda yo gusubiza abana mu miryango

Madame Kagame yashimiye ba Malaika Murinzi, aribo babyeyi bakomeje kwakira abana batagira kivurira n’ababa mu bigo by’imfubyi, avuga ko ababyeyi bakwiye kurushaho kwitabira gahunda yo kwakira no kurerera abana mu miryango.

Madamu Jeannette Kagame yashimiye ba Malaika Murinzi bakira abana bakabarera nk'ababo bwite.
Madamu Jeannette Kagame yashimiye ba Malaika Murinzi bakira abana bakabarera nk’ababo bwite.

Kugeza ubu hari ibigo by’imfubyi bimaze gufungwa, nka centre girimpuhwe y’i Remera mu karere ka Kicukiro, na Cite de la misercorde mu karere ka Huye.
Yagize ati: “Imiryango nikangukire gusubirana umuco wo kurerera umuvandimwe cyangwa inshuti igihe batabarutse.”

Kuri uyu munsi kandi, hahembwe abana b’abakobwa 400 batsinze neza kurusha abandi mu bizamini bya leta, ndetse na ba Malaika murinzi bagera kuri 70, aho bahawe certificat, umudari ndetse n’inka nk’ ikimenyetso cyo kubashimira.

Umufasha w'Umukuru w'igihugu aracyasaba Abanyarwanda kwakira buri mwana wese nk'uw'umuntu ku giti cye.
Umufasha w’Umukuru w’igihugu aracyasaba Abanyarwanda kwakira buri mwana wese nk’uw’umuntu ku giti cye.

Insanganyamatsiko y’umunsi w’umugore iragira iti: “Uburinganire n’ubwuzuzanye buhesha agaciro umuryango”; insanganyamatsiko ishimangira intero igihugu cyihaye uyu mwaka ariyo yo “Kwigira”.
Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, madame Oda Gasinzigwa, yavuze ko nk’abagore n’abakobwa b’Abanyarwandakazi bijeje madame Kagame ko impanuro yabagejejeho bagiye kuzigenderaho bakomeza kwiteza imbere.

Jean Noel Mugabo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

muraho kuba mwita kubana nababyeyi babo nibyiza umutima nkuwo muzawukomeze yari nsabimana djuma mugabo zurwanda nkaba ndi sudan murakoze

nsabimana djuma yanditse ku itariki ya: 5-02-2016  →  Musubize

Ni byiza rwose gushimira ababyeyi nk’aba kd ni na byiza na none guha umugoroba w’ababyeyi agaciro kuko ari ho hava inama, ibitekerezo ndetse n’ubufatanye butuma habaho iterambere. Gusa Madamu Jeanette Kagame ndamukunda pe. Urambonera uburyo afite impuhwe no kwicisha bugufi akegera aba babyeyi?? Imama ijye imuha umugisha mu byo akora byose

Kalisa yanditse ku itariki ya: 9-03-2013  →  Musubize

Ariko murabona impuhwe zigaragara mu maso ya nyakubahwa Jeannette Kagame ateruye kiriya kibondo ?

Mungwarakarama Simon Pascal yanditse ku itariki ya: 9-03-2013  →  Musubize

Nta kiza nko kubona umwana akurira mu muryango. Jannette Kagame turagushimira ko ubishishikariza abanyarwanda kumenya kwita ku mfubyi. Ariko rero ni ukurebana ubushishozi imiryango ishyirwamo abana kuko hari aho bagera bagafatwa nabi.

Kamatari Clara yanditse ku itariki ya: 9-03-2013  →  Musubize

Yoooo, igitekerezo cyo gushyiraho umugoroba w’ababyeyi ni cyiza cyane.

Theophile N. yanditse ku itariki ya: 9-03-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka