Umugaba w’Ingabo z’u Bubiligi ari mu ruzinduko mu Rwanda

Umugaba w’Ingabo z’igihugu cy’u Bubiligi, General Charles-Henri Delcour, kuva ejo tariki 06/02/2012, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rumara iminsi ibiri.

Mu ruzinduko rwe yasuye ahantu hatandukanye harimo Camp Kigali (aho Interahamwe ziciye abasirikare ba UN bakomoka mu Bubiligi), urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi ruri ku Gisozi, banki y’abasirikare b’u Rwanda (CSS) n’ibitaro bya gisirikare i Kanombe.

Umugaba w'Ingabo z'u Bubiligi asura banki y'abasirikari (CSS) mu gitondo cya tariki 07/02/2012
Umugaba w’Ingabo z’u Bubiligi asura banki y’abasirikari (CSS) mu gitondo cya tariki 07/02/2012
Abari baherekeje General Delcour ubwo yasuraga banki ya CSS
Abari baherekeje General Delcour ubwo yasuraga banki ya CSS

Amakuru dukesha minisiteri y’ingabo z’u Rwanda avuga ko uru ruzindiko rwa kabiri General Charles-Henri Delcour agiriye mu Rwanda rugamije gukomeza gushimangira imibanirane myiza n’imikoranire ya gisirikare hagati y’ibihugu byombi.

Gen Delcour aribuze kugirana ikiganiro n’Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Charles Kayonga.

Ntabgoba Jovani

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka