Umubano wacu wahuye n’utubazo ariko ni ntamakemwa - Minisitiri Grant

Minisitiri w’Ubwongereza ushinzwe Iterambere Mpuzamahanga n’ Afurika by’umwihariko atangaza ko umubano w’u Rwanda n’u Bwongereza umeze neza nubwo utabuze utubazo.

Minisitiri Grant Shapps yabitangaje mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Musanze mu Murenge wa Gataraga kuri uyu wa 10 Nzeli 2015, ubwo yasuraga ibikorwa by’iterambere igihugu cye gitera inkunga kibinyujije mu Kigega Mpuzamahanga cy’Iterambere (DFID).

MInisitiri Grant Shapps ari kumwe n'Umuyobozi w'Akarere ka Musanze (wambaye ibitenge by'umuhondo) ubwo yasuraga ibikorwa batera inkunga
MInisitiri Grant Shapps ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Musanze (wambaye ibitenge by’umuhondo) ubwo yasuraga ibikorwa batera inkunga

Asubiza ikibazo cy’umunyamakuru wamubajije niba ifatwa rya Gen. Karenzi Karake ryarahungabanyije umubano w’ibihugu byombi, yavuze ko ari mwiza ariko ko wahuye n’utubazo we agereranya n’imikuku y’umuhanda.

Yagize ati “Rwose ubucuti buvuze ibintu byinshi uhura na byo, inzira irimo imikuku, sinari kuba ndi hano iyo umubano uba utariho n’utubazo twabayeho. Mu buryo bufatika muribonera ko twubaka umubano wihanganira ibibazo kandi udahungabanywa n’ikibazo kimwe.”

Uyu muyobozi wo mu rwego rwo hejuru asuye u Rwanda nyuma y’igihe gito, umuyobozi w’urwego rushinzwe iperereza n’umutekano mu Rwanda(NISS), Lt. Gen. Karenzi Karake, watawe muri yombi n’igipolisi cy’u Bwongereza, akaza kurekurwa n’ibyo gukurikiranwa na Espagne biteshejwe agaciro.

Minisitiri Grant asura umuryango umwe ufashwa na VUP ashima ko amafaranga batanga acungwa neza kandi akagirira akamaro abaturage
Minisitiri Grant asura umuryango umwe ufashwa na VUP ashima ko amafaranga batanga acungwa neza kandi akagirira akamaro abaturage

Mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Musanze, Minisitiri Grant yasuye umuhanda ukorwa mu murenge wa Gataraga muri gahunda ya VUP, DFID itera inkunga, ashima uko inkunga batanga ikoreshwa neza.

Yunzemo ati “Amafaranga dutanga akoreshwa neza, inzira amafaranga atangwamo n’ubuyobozi bikorwa neza,…imikoreshereze yayo usanga inoze mu buryo budasanzwe utasanga ahandi muri Afurika.”

Kanamugenga Esron ubana n’ubumuga bwo kutabona, ahabwa inkunga y’ingoboka ingana ibihumbi 21 buri kwezi itutse muri aya mafaranga. Iyi nkunga yamufashije kubaka inzu iciriritse ndetse agura n’amatungo magufi.

Mukampazimpaka Petronille, avuga ko amafaranga akura muri VUP amufasha kwita ku muvandimwe ufite ubumuga akabasha kurya no kubona imyambaro ye.

NSHIMIYIMANA Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Bakomeze batwihere amaramuko(ndavuga ku mapawundi)ni abantu b’abagabo ndabashyimye bateze imbere uburezi ni sawa cyane Ngo uyu mugabo ashinzwe Afurika?!!!!!!Bataduhaye kubaho byatugora tu!!

kamanzi Emile yanditse ku itariki ya: 12-09-2015  →  Musubize

Ndishimye cyane kuba umubano w’u Rwanda n’ubwongereza wongeye kumera neza, nubwo hari hajemo utubazo ariko twarakemutse.

Emmanuel muvunyi yanditse ku itariki ya: 11-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka