Uko igikorwa cy’umuganda cyitabiriwe hirya no hino mu gihugu - AMAFOTO

Buri wa gatandatu wa nyuma mu gihugu hose haba igikorwa cy’umuganda. Nk’uko bisanzwe tubahitiramo amwe mu mafoto yaranze iki gikorwa mu turere dutandukanye aba yafashwe n’abanyamakuru bacu bahakorera.

Umuganda w’uku kwezi wahuriranye n’umunsi wo gutera igiti, aho byari biteganyijwe ko kuri uyu munsi mu gihugu cyose byihura haterwa ibiti bigera kuri miliyoni 30.

Mu murenge wa Rugarama mu karere ka Burera mu ntara y’Amajyaruguru bapfutse batera imigano ku nkengero z’ikiyaga cya Burera.

Abaturage nibo batundaga ibiti bakanabitera.
Abaturage nibo batundaga ibiti bakanabitera.
Abaturage nibo batundaga ibiti bakanabitera.
Abaturage nibo batundaga ibiti bakanabitera.

Mu karere ka Bugesera mu ntara y’Iburasirazuba naho Abanya-Cote d’Ivoire bari mu ruzinduko mu Rwanda bakoze umuganda .

Uwo mugore uri gukora niwe wungirije Perezida w'Inteko ishinga amategeko yo muri Cote d'Ivoire.
Uwo mugore uri gukora niwe wungirije Perezida w’Inteko ishinga amategeko yo muri Cote d’Ivoire.
Uwo mugabo nawe ni Umunya-Cote d'Ivoire wazanye na bagenzi be.
Uwo mugabo nawe ni Umunya-Cote d’Ivoire wazanye na bagenzi be.
Nyuma y'umuganda abaturage bahuye n'abayobozi barimo Minisitiri wa Leta muri MINALOC. Alvera Mukabaramba na Minisitiri w'urubyiruko, Jean Philbert Nsengimana.
Nyuma y’umuganda abaturage bahuye n’abayobozi barimo Minisitiri wa Leta muri MINALOC. Alvera Mukabaramba na Minisitiri w’urubyiruko, Jean Philbert Nsengimana.
Uwungirije Perezida w'Inteko ishinga amategeko muri COte d'Ivoire yashimye igikora cy'umuganda.
Uwungirije Perezida w’Inteko ishinga amategeko muri COte d’Ivoire yashimye igikora cy’umuganda.

Mu karere ka Nyaruguru mu ntara y’Amajyepfo mu murenge wa Mata, umuganda wakorewe mu mudugudu wa Nacyondo ahatewe ibiti ku miringoti y’imirima.

Izo ni ingemwe z'ibiti zatewe.
Izo ni ingemwe z’ibiti zatewe.
Uwo muzungukazi yari yifatanyije n'abo muri Nyaruguru mu gikorwa cy'umuganda.
Uwo muzungukazi yari yifatanyije n’abo muri Nyaruguru mu gikorwa cy’umuganda.
Abaturage bari babukereye mu karere ka Nyaruguru bishimiye kongera guhurira muri iki gikorwa kiba rimwe mu kwezi.
Abaturage bari babukereye mu karere ka Nyaruguru bishimiye kongera guhurira muri iki gikorwa kiba rimwe mu kwezi.
Ingabo z'igihugu na Polisi nabo bari bifatanyije n'abaturage mu muganda.
Ingabo z’igihugu na Polisi nabo bari bifatanyije n’abaturage mu muganda.
Minisitiri w'Umutekano Mousa Fazil Harerimana nawe yari yifatanyije n'abaturage bo mu karere ka Nyaruguru mu gikorwa cy'umuganda.
Minisitiri w’Umutekano Mousa Fazil Harerimana nawe yari yifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Nyaruguru mu gikorwa cy’umuganda.

Mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, umuyobozi w’aka karere, Yvonne Mutakwasuku na Senateri Marie Claire Mukasine bifatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Shyogwe mu gikorwa gucukura imirwanyasuri no gutera ibiti.

Senateri Mukasine wambaye ikoti ry'ubururu nawe yakoze igikorwa co gucukura imirwanyasuri muri uyu murenge wa Shyogwe.
Senateri Mukasine wambaye ikoti ry’ubururu nawe yakoze igikorwa co gucukura imirwanyasuri muri uyu murenge wa Shyogwe.
Abaturage bo mu murenge wa Shyogwe mu gikorwa cy'umuganda.
Abaturage bo mu murenge wa Shyogwe mu gikorwa cy’umuganda.

Mu karere ka Nyagatare mu ntara y’Iburasirazuba, umuyobozi w’akarere n’umuyobozi wa sosiyete y’itumanaho ya Airtel nibo bari bahagarariye igikorwa cyo kubakira imiryango 64 y’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya.

Abaturage n'abakozi ba Airtel bari mu gutunda amatafari.
Abaturage n’abakozi ba Airtel bari mu gutunda amatafari.

Mu karere ka Ngoma mu ntara y’Iburasirazuba hatewe ibiti mu nkengero z’ikiyaga cya Rweru.

Bamwe mu banyamahanga bagaragaye muri iki gikorwa.
Bamwe mu banyamahanga bagaragaye muri iki gikorwa.
Ngizo inkengero z'ikiyaga cya Rweru ikora ku karere ka Ngoma.
Ngizo inkengero z’ikiyaga cya Rweru ikora ku karere ka Ngoma.

Mu karere ka Huye mu ntara y’Amajyepfo naho hatewe ibiti bya Gereveriya mu mirima ya Kawa, mu rwego rwo kugira ngo zijye zitanga igicucu bitume Kawa yera neza.

Igikorwa cy'umuganda gihuza ingeri zose n'abana bafafatiraho urugero rwiza.
Igikorwa cy’umuganda gihuza ingeri zose n’abana bafafatiraho urugero rwiza.
Nyuma y'umuganda abaturage bo mu karere ka Huye bahuye barasabana.
Nyuma y’umuganda abaturage bo mu karere ka Huye bahuye barasabana.

Mu karere ka Nyanza, bakiriye Minisitiri w’iterambere ry’umuryango Oda Gasinzigwa wifatanyije n’abaturage gutera ibiti.

Minisitiri Gasinzigwa yishimanye n'abaturage nyuma y'igikorwa cy'umuganda.
Minisitiri Gasinzigwa yishimanye n’abaturage nyuma y’igikorwa cy’umuganda.

Mu karere ka Kamonyi mu ntara y’Amajyepfo naho hagaragaye ubwitabira bw’abaturage bari baje gutera ibiti.

Nyuma y'umuganda abaturage bahuriye mu nama.
Nyuma y’umuganda abaturage bahuriye mu nama.

Mu karere ka Kirehe mu murenge wa Mpanga, mu ntara y’Iburengerazuba hakozwe igikorwa cyo gutera ibiti ibihumbi 50 kuri hegitari 30, kikaba kitabiriwe na Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi Gerardine Mukeshimana na Depite Berthe Mujawamaliaya.

Minisitiri Mukeshimana atangiza igikorwa cyo gutera ibiti mu kagali ka Mushongi, mu murenge wa Mpanga.
Minisitiri Mukeshimana atangiza igikorwa cyo gutera ibiti mu kagali ka Mushongi, mu murenge wa Mpanga.
Inzego zitandukanye z'ubuyobozi zafatanyije n'abaturage mu gikorwa cyo gutera ibiti.
Inzego zitandukanye z’ubuyobozi zafatanyije n’abaturage mu gikorwa cyo gutera ibiti.

Mu karere ka Nyamagabe mu ntara y’Amajyepfo hatewe ibiti bigera ku bihumbi 10, mu gikorwa cy’umuganda cyahuriwemo n’abaturage n’abayobozi. Ibiti byatewe harimo ibivangwa n’imyaka n’ibirinda ubutaka isuri. Depite Ignacienne Nyirarukundo n’abyobozi b’akarere n’inzego z’umutekano nibo bitabiriye iki gikorwa.

Umuyobozi w'akarere n'abandi bayobozi batandukanye mu karere ka Nyamagabe mu gikorwa cy'umuganda.
Umuyobozi w’akarere n’abandi bayobozi batandukanye mu karere ka Nyamagabe mu gikorwa cy’umuganda.
Nyuma y'umuganda abaturage baganiriye n'abayobozi.
Nyuma y’umuganda abaturage baganiriye n’abayobozi.

Mu karere ka Gasabo, Jean Pierre Masozera waraye atorewe kuyobora aka karere by’agateganyo mu gihe cy’umwaka usigaye ngo manda y’amayobozi b’uturere isozwe, yakoreye umuganda mu murenge wa Ndera, aho yafatanyije n’abaturage n’umuyobozi w’umujyi wa Kigali gutangira inyubako y’isoko ry’uyu murenge.

Masozera yongeye gushima abamugiriye ikizere bakamutorera uyu mwanya.
Masozera yongeye gushima abamugiriye ikizere bakamutorera uyu mwanya.
Fidel Ndayisaba, umuyobozi w'umujyi wa Kigali nawe yakoreye umuganda mu murenge wa Ndera.
Fidel Ndayisaba, umuyobozi w’umujyi wa Kigali nawe yakoreye umuganda mu murenge wa Ndera.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w'umurenge wa Ndera mu nama n'abaturage.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ndera mu nama n’abaturage.

Kigali Today

Ibitekerezo   ( 1 )

tubashimiye amakuru meza mutugezaho buri munsi kandi kugihe gusa nigute umuntu yajya abagezaho amakuru anyuranye yo mu karere.

mutabaruka francois regis yanditse ku itariki ya: 29-11-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka