“Tukiri no mu ntambara, iyo twabaga tubonye akanya twagakoreshaga twitoza” Umugaba w’ingabo

Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen. Frank Mushyo Kamanzi, aravuga ko kwitoza ari umuco waranze ingabo z’u Rwanda (RDF) kuva kera, kugirango zibashe kunoza umurimo ndetse no kugera ku ntego bihaye.

Ubwo yafunguraga amahugurwa ku miyoborere n’akazi ko mu biro, mu ishuri rikuru rya Gisirikare (RDF commander and staff college) i Nyakinama mu karere ka Musanze, kuri uyu wa 21/01/2012, umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka yavuze ko amahugurwa atuma boroherwa n’akazi.

Umugaba mukuru w'ingabo zirwanira ku butaka asuhuza ingabo.
Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka asuhuza ingabo.

Ati: “Tukiri no mu ntambara, iyo twabaga tubonye akanya twagakoreshaga twitoza; Iyo ubize icyuya uhugurwa, uva amaraso make iyo intambara igeze”.

Avuga kandi ko ibigerwaho n’ingabo z’u Rwanda haba imbere mu gihugu ndetse no hanze yacyo, babikesha amahugurwa atandukanye, ku buryo n’abandi bafatira urugero ku ngabo z’u Rwanda.

bamwe mu bitabiriye amahugurwa.
bamwe mu bitabiriye amahugurwa.

Umuvugizi w’igisirikare cy’u Rwanda, Brig. Gen. Joseph Nzabamwita, yavuze ko abasirikare 31 bafite ipeti rya kapiteni na majoro ndetse n’abapolisi bane, aribo bagiye kumara ibyumweru 24 bahabwa amahugurwa, azabemerera gukurikira ikiciro cyisumbuye cy’aya masomo.

Jean Noel Mugabo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka