Tudashyize hamwe ntaho twagera - Perezida Kagame

Nk’uko mubimenyereye buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi Kigali Today ibakurikiranira igikorwa cy’umuganda ngarukakwezi. By’umwihariko uku kwezi Perezida Kagame yifatanyije n’abatuye Akarere ka Kayonza muri iki gikorwa.

Perezida yabwiye abatuye aka gace ko yaje kwifatanya nabo kugira ngo bakore umuganda nka kimwe mu biranga umuco w’u Rwanda.

Akigera mu Murenge wa Mukarange ahabereye umuganda.
Akigera mu Murenge wa Mukarange ahabereye umuganda.

yagize ati "Umuganda ni umuco wacu, tugomba gukomeza. Utanga ubutumwa bujyanye no gushyira imbaraga zacu hamwe tugana iterambere."

By’umwihariko kuri aka Karere ka Kayonza, Perezida Kagame yabibukije ko ari akarere gashobora gukorerwamo byinshi abaturage baramutse babigizemo uruhare. Yavuze ko Imihanda ihurira muri Kayonza igomba gufasha igihugu mu buhahirane imbere gihugu no mu baturanyi.

Perezida Kagame yakoreye umuganda mu Murenge wa Mukarange.
Perezida Kagame yakoreye umuganda mu Murenge wa Mukarange.

Yagarutse no ku kamaro ko kwiga, asaba ababyeyi gushyira abana mu ishuri kugira ngo bahakure ubumenyi bubateza imbere.

Ati "Nta mpamvu umwana wo muri aka Karere cyangwa n’ahandi atajya kwiga. Leta yashyizeho gahunda z’uburezi zitworohereza."

Madame Jeannette Kagame nawe yari ahari.
Madame Jeannette Kagame nawe yari ahari.

Umuganda hirya no hino mu gihugu

Mu Karere ka Gakenke

Abasenateri n'abaturage bo mu Murenge wa Kamubuga bakoze umuhamda unyura muri uyu murenge.
Abasenateri n’abaturage bo mu Murenge wa Kamubuga bakoze umuhamda unyura muri uyu murenge.
Inzego z'umutekano zifatanyije n'abaturage muri iki gikorwa.
Inzego z’umutekano zifatanyije n’abaturage muri iki gikorwa.

Mu Karere ka Gisagara

Umuganda wabereye mu Kagari ka Duwani umurenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara ahasijwe ikibanza cyo kubakamo ibiro by'akagari
Umuganda wabereye mu Kagari ka Duwani umurenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara ahasijwe ikibanza cyo kubakamo ibiro by’akagari

Mu Karere ka Rulindo

Umuganda Ku rwego rw'akarere wabereye mu Murenge wa Base, aho abaturage bacukuye ikimoteri kizajya kijugunywamo imyanda iva mu isoko no muri santere y'ubucuruzi.
Umuganda Ku rwego rw’akarere wabereye mu Murenge wa Base, aho abaturage bacukuye ikimoteri kizajya kijugunywamo imyanda iva mu isoko no muri santere y’ubucuruzi.

Mu Karere ka Burera

Mu Murenge wa Cyanika hakozwe umuganda wo kubakira abatishoboye.
Mu Murenge wa Cyanika hakozwe umuganda wo kubakira abatishoboye.
Ingabo nazo zari zaje gutanga umusanzu wazo.
Ingabo nazo zari zaje gutanga umusanzu wazo.

Mu Karere ka Nyagatare

Nyuma y'imvura, abatuye mu Mudugudu wa Mirama ya mbere Akagari ka Nyagatare Umurenge wa Nyagatare, bahise batangira umuganda wo gusibura umuhanda.
Nyuma y’imvura, abatuye mu Mudugudu wa Mirama ya mbere Akagari ka Nyagatare Umurenge wa Nyagatare, bahise batangira umuganda wo gusibura umuhanda.

Mu Karere ka Huye

Abasenateri bayobowe na Hon. Senateri Prof Nkusi bakoranye umuganda n'abatuye Umurenge wa Mbazi.
Abasenateri bayobowe na Hon. Senateri Prof Nkusi bakoranye umuganda n’abatuye Umurenge wa Mbazi.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Abanyarwanda dufite ibyiza byinshi mu muco wwacu harimo no kwigira, aho ubwacu twikorera ibikorwa biduteza imbere. Nyakkubahwa Perezida wa Repubulika ati"ntawe uzatuzanira imbere tutarikoreye ubwacu" ibi ni ukuri. Dukomeze twubake igihugu kandi twirinda ikintu cyose cyadusubiza inyuma. Abayobozi bacu barangajwe imbere na H.E.Paul KAGAME turabasshyigikiye, tubafashe kandi dushyire mu bikorwa inama baduha, ibyiza biri imbere.
Mugire u Rwanda n’Abanyarwanda.

Polycarpe yanditse ku itariki ya: 30-04-2016  →  Musubize

UMUGANDA NI IMBARAGA ZIGIHUGU TWESE HAMWE DUSHYIRE HAMWE TWIYUBAKIRE IGIHU HAMWENANYAKUBAHWA PEREZIDA WAREPUBURIKA

NSABIMANA yanditse ku itariki ya: 30-04-2016  →  Musubize

NATUBER URUGERO

leonard yanditse ku itariki ya: 30-04-2016  →  Musubize

HE NI INTANGARUGERO NABANDI BAYOBOZI BAJYE BAGIRA
UMWETE

leonard yanditse ku itariki ya: 30-04-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka