Rutsiro: Abasenateri bifatanyije n’abaturage batera ibiti kuri hegitari 20

Perezida wa Sena n’abandi basenaeri bifatanyije n’abaturage mu muganda usoza Ugusyingo batera ibiti kuri hegitari 20 mu kagali ka Terimbere mu murenge wa Nyabirasi ho mu karere ka Rutsiro.

Ibiti bateye mu materasi yakozwe n’abaturage byitwa Arnus bikazafasha ubutaka kutangirika ndetse no gufumbira ibihingwa bizahahingwa.

Perezida wa Sena yafatanyije n'abaturage gutera ibiti birinda ubutaka kandi bikanafumbira imyaka.
Perezida wa Sena yafatanyije n’abaturage gutera ibiti birinda ubutaka kandi bikanafumbira imyaka.

Honorable Makuza Bernard yabwiye abaturage ko ibiti byatewe bifite akamarom kanini anabasaba kubibungabunga ndetse no kurwanya umuntu wese washaka kubyangiza.

Yagize ati “Mwese muzi akamaro k’ibiti ibi biti duteye bifite akamaro kanini ku gihugu ndetse no ku baturage muri rusange musabwe kubibungabunga ndetse no kwamagana umuntu wese washaka kubyangiza”.

Ibiti byatewe biri mu bwoko bwa Arnus bifumbira kandi birinda ubutaka.
Ibiti byatewe biri mu bwoko bwa Arnus bifumbira kandi birinda ubutaka.

Perezida wa Sena kandi yasabye abaturage gukundana no gukorera hamwe bityo ngo n’igihugu kizatera imbere.

Bamwe mu baturage bishimiye uruzinduko rwa Perezida wa Sena kandi ngo ibi bigaragaza ko ubuyobozi wabegerejwe kandi ngo ni iby’agaciro.

Abasenateri batandukanye bari baje kwifatanya n'abaturage bo muri Rutsiro gutera ibiti.
Abasenateri batandukanye bari baje kwifatanya n’abaturage bo muri Rutsiro gutera ibiti.

Ndikubwimana Jean Paul yagize ati “kuba abayobozi badusuye bitwereka ko ubuyobozi bwatwegereje turishimye kandi natwe ntituzabutenguha”.

Perezida wa Sena, Honorable Bernard Makuza, yabwiye abaturage ko kuza kwifatanya nabo muri uyu muganda rusange atari inyungu z’abaturage nk’uko benshi babitekereza ahubwo ko ari inyungu z’abasenaeri baba bujuje inshingano zabo zo kubahiriza gahunda basabwa nk’intumwa za rubanda.

Perezida wa Sena ari kumwe n'umuyobozi w'intara y'iburengerazuba ndetse n'umuyobozi w'akarere bagiye kuganiriza abaturage nyuma y'umuganda.
Perezida wa Sena ari kumwe n’umuyobozi w’intara y’iburengerazuba ndetse n’umuyobozi w’akarere bagiye kuganiriza abaturage nyuma y’umuganda.

Abaturage baboneyeho n’umwanya wo kubaza bimwe mu bibazo bafite harimo nko kuba muri uyu murenge wa Nyabirasi nta muriro w’amashanyarazi bafite ndetse no kuba nta mihanda myiza bafite bakaba basabye Perezida wa Sena kubakorera ubuvugizi ngo ibi byose bizakemuke.

Kuri iki kibazo Perezida wa sena Honorable Makuza Bernard yababwiye ko Leta y’u Rwanda iticaye ko ibi byose bizakemuka vuba.

Perezida wa Sena yishimanye n'abaturage bacinya akadiho.
Perezida wa Sena yishimanye n’abaturage bacinya akadiho.
Abaturage bari baje ari benshi kwifatanya na Perezida wa Sena mu muganda rusange.
Abaturage bari baje ari benshi kwifatanya na Perezida wa Sena mu muganda rusange.

Mbarushimana Aimable

Ibitekerezo   ( 3 )

ibiti bifite akamaro kanini reka dufatanyirize hamwe tubbibungabunge .kuko aho bitari haba ubutayu

igisimba yanditse ku itariki ya: 1-12-2014  →  Musubize

igihe kirageza ngo abanyarwanda dutangire kwita ku mashyamba no gutera ibiti aho bitari hose

furaha yanditse ku itariki ya: 1-12-2014  →  Musubize

ibiti bidufitiye kamro mu mibereho yacu ninayo mpamvu natwe tugomba kubyitaho tubibungabunga maze ubuzima bwacu n’ubwaby bikaba magirirane

kagoma yanditse ku itariki ya: 30-11-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka