Rusizi: Uruganda rw’umuceri n’amazu 14 byasenywe n’imvura

Uruganda rw’umuceri n’amazu 14 byo mu Murenge wa Bugarama byasenywe n’imvura yaguye saa cyenda z’umugoroba ku wa 25 Mutarama 2016.

Iyi mvura yongeye gusenyera abaturage bo mu kibaya cya Bugarama ngo yaje irimo urubura rwinshi, umuyaga ndetse n’inkuba kugeza aho amazu yatangiye kugwa abaturage bakizwa n’amaguru. Ku bw’amahirwe nta muntu wapfuyemo.

Amabati yose gageze hasi
Amabati yose gageze hasi

Umucungamutungo w’uruganda rwasenywe n’imvura Jose Umwangange avuga ko akurikije uko yabibonye ngo urwo ruganda rwakubiswe n’inkuba kuko ngo yabonye umurabyo urabije hakubita inkuba arungutse mu idirisha abona uruganda ruri kumanuka arureba.

Dore uko imashini zangiritse
Dore uko imashini zangiritse

Yagize ti” Umurabyo rero wabanje urarabya wa murabyo ukomeye cyane hakubita inkuba ndavuga nti iyi nkuba irakora ikintu ngikebuka gutya mu idirishya mbona inzu iri kumanuka nyireba yose ishirira hasi”.

Hari abavuga ko n'ubwo amazu yo yaguye kubera umuyaga ngo uruganda rwo rushobora kuba rwakubitswe n'inkuba
Hari abavuga ko n’ubwo amazu yo yaguye kubera umuyaga ngo uruganda rwo rushobora kuba rwakubitswe n’inkuba

Akomeza avuga ko amahirwe bagize ari uko uyu munsi bagize amahirwe ntibatonore umuceri ariko ngo iyo baza gukora abantu benshi bari kwitaba Imana ariko Imana ikaba yakinze akaboko gusa ibyangiritse mu uruganda bishobora kugera kuri miliyoni Magana atatu na mirongo inani.

Uruganda rw'umuceri rwasenywe n'imvura
Uruganda rw’umuceri rwasenywe n’imvura

Bamwe mu baturage basenyewe n’ibi biza barimo Bizigiyimana Asumani barasaba ubuyobozi kubagoboka kuko ibyababayeho byabatunguye dore ko abaturage bo ntako batagize ngo babatabare bahereye mu kubacumbikira.

Toni 27 z'umuceri zangiritse
Toni 27 z’umuceri zangiritse

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bugarama Rukazambuga Gilbert avuga ko iyo mvura imaze iminsi igwa ariko ngo uyu munsi yaguyemo urubura rwinshi yangiza ibintu byinshi birimo imyaka y’abaturage inasenya uruganda rutunganya umuceri n’amazu 14 yari atuwemo

Yagize ati” iyi mvura yasenye uruganda n’amazu 14 yiyongera kuyandi 14 amaze iminsi 2 asenywe n’imvura ndetse n’imyaka y’abaturage ibyo nibyo tumaze kubarura ariko ntituramenya agaciro kabyo byose”.

Imvura idasanzwe yasenye uruganda
Imvura idasanzwe yasenye uruganda

Ibi bibaye mu gihe ubuyobozi bw’Akarere bwari buhangayikishijwe no kubonera abandi baturage amabati basenyewe n’imvura yaguye mu mpera z’iki cyumweru ikabasiga iheruheru nk’uko umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Nsigaye Emmanuel yari yabivuze.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka