Rusizi:Nyuma y’uruzinduko rwa Perezida imirimo yo kubaka Kivu Marina Bay yahagurukiwe
Nyuma y’imyaka 5 inyubako za Hoteli Kivu Marina Bay yo mu Karere ka Rusizi zarahagaze kubera imicungire mibi, ubu imirimo yo kuyubaka yongeye gusubukurwa.
Ubwo Perezida wa Repubulika yasuraga Akarere ka Rusizi ku wa 30 Kamena 2015, yari yashinze Umuyobozi wa Banki y’u Rwanda itsura Amajyambere (BRD), Alex Kanyankore, gukurikirana imirimo yo kubaka iyo hoteli kugira ngo hakamenyekana n’ibimaze kuyigendaho.

Ni muri urwo rwego itsinda ry’abayobozi batandukanye barimo na Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi,kuri uyu wa 17 Kanama 2015, ryasuye iyo nyubako ya Hoteli Kivu Marina Bay y’inyenyeri 4 hagamijwe kureba aho imirimo yo kuyubaka igeze nyuma y’igihe kirekire imaze yaradindiye.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yasabye abarebwa n’iki gikorwa bose kwihutisha imirimo kandi bakayikora neza kuko Hotel Marina Bay ngo ifitiye igihugu akamaro.
Umuyobozi wa BRD, Alex Kanyankore, yavuze ko kudindira ku iyo hoteli byatewe n’uko hagiye habaho imicungire idahwitse,aho abashoramari ndetse n’abacunganga umushinga batahuzaga.

Akomeza avuga ko ibibazo byose byagiye bidindiza iyo nyubako byasesenguwe ubu akaba atanga icyizere ko mu kwezi kwa Kanama umwaka utaha iyo hoteri izaba yuzuye.
Yagize ati "Uyu mushinga waje guhura n’ingorane bitewe n’impamvu zinyuranye harimo kuba abashoramari bari bayirimo bataratangaga umurongo neza. Bavuyemo ubu hasigayemo abafite umurongo mwiza bifuza ko iki gikorwa kigenda neza."
Imirimo yo kubaka Hotel Marna Bay yari yaratangijwe na Diyosezi gatorika ya Cyangugu mu 2010 hakaba igeze aho ubushobozi buba buke iza kwiyambaza abandi bashoramari kugira ngo bafatanye .
Kivu Marina Bay y’inyenyeri 4 irimo kubakwa hagamijwe kunoza ubukerarugendo no kwinjiza amadovize mu gihugu nibindi nk’uko Umuyobozi BRD abivuga.
Iyi hoteri ihuriweho n’abashoramari bo mu Ntara y’Iburengerazuba, Diyosezi Gatorika ya Cyangugu na BRD ngo izuzura itwaye abarirwa muri miliyoni 20 z’Amadorari y’Amerika.
Musabwa Euphrem
Ibitekerezo ( 4 )
Ohereza igitekerezo
|
Ok nirangire vuba kuko hariya hantu harihasigaye ari indiri yamabandi wana
icyo ni ikintu cyiza rwose nibayuzuze vuba dore ko aka Karere kabereye ubukerarugendo abagasura bajye babona aho bacumbika
tunenze abayobozi butrere bakora aruko perezida kagame yavuze ubundi nabindagusa bacungishwa ijisho bage bakurikiranwa cg nibibananira basure uturere twteye imbere
OK nibyiza cyane courage