Ruhango: Urubyiruko rweretswe urugamba rwo kubohora igihugu rusabwa kurinda ibyagezweho

Urubyiruko rwo mu karere ka Ruhango rwaganirijwe ku mateka y’urugamba rwo kwibohora kugera aho u Rwanda rwabashije gutera imbere, ariko ruhabwa umukoro wo kurinda no gusigasira ibyagezweho.

Ku mugoroba watariki ya 3 Nyakanga 2015, nibwo urubyiruko rwatangiye urugendo rwaturutse mu mujyi wa Ruhango rwerekeza ku karere, aho rwari rugiye mu gitaramo cy’urugamba rwo kwibohora.

Urubyiruko mu rugendo rwo kwibohora.
Urubyiruko mu rugendo rwo kwibohora.

Nyma y’uru rugendo, Major Sam Rwasanyi umuyobozi w’ingabo mu karere ka Ruhango, yabwiye urubyiruko amateka y’urugamba kuva rutangiye kugeza rurangiye, arubwira ko habaye ubwitange bukomeye cyane kugirango urugamba barutsinde.

Akaba yaberetse uko bafashe igihugu kimeze, aberaka aho kigeze cyibohora, abasaba ko bakwiye gufata iya mbere basigasira ibimaze kugerwaho kugirango bitazasubira inyuma.

Urubyiruko ruteze amatwi mu rugamba rwo kwibohora.
Urubyiruko ruteze amatwi mu rugamba rwo kwibohora.

Major Sam yabwiye urubyiruko ko u Rwanda rwamaze kwibohora muri byinshi, ariko ngo biracyakeneye izindi mbaraga, aha gatanga urugero rw’uburezi, ubukungu, ubuzima n’ibindi. Agasaba urubyiruko kubiba hafi.

Umuyobozi w’akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe imari n’iterambere, yasabye urubyiruko kuba maso, arwibutsa ko ababohoye igihugu bakibohoye bakiri bato nkabo, ariko bakaba bamze kuba bakuru, abasaba kwigira ku byo bakuru babo bagezeho.

Bagakomeza gukunda igihugu cyabo no kugisigasira. Iki gitaramo kikaba cyaranzwe n’imbyino zitandukanye ziganjemo umuco nyarwanda.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka