Ruhango: Umwarimu bamutuburiye mu Kimansuro aranafungwa

Ndakaza Gerald, umwarimu wigisha mu ishuri ribanza rya Joma ry’i Gitwe, yibwe umushahara wose yari amaze guhembwa anatabwa muri yombi n’inzego z’umutekano, ubwo yari yagiye kwigera ijisho ikimansuro mu Ruhango, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 03/08/2012.

Ndakaza w’imyaka 40, wari mu karere ka Ruhango yaje gukurikirana amahugurwa y’abarimu bazakora ibarura ry’abaturage, yari yahembwe ibihumbi 40 harimo ayo yakuye mu mahugurwa n’umushahara we.

Uyu mugabo ukomoka mu karere ka Bugesera, avuga ko yari arimo areba abamansuzi nyuma aza gukubwa ajya gushaka aho yihagarika. Akivayo yahise acakirwa n’abantu bamucucura udufaranga twose yari afite, aratabaza ariko abura umuntu umutabara.

Mu rwego rwo kwirwanaho, Ndakaza yahise agenda azimya ibyuma bitanga umuziki, avuga ko bongera kubicana ari uko babanje kumukemurira ikibazo.

Banyiri Ikimansuro babonye ko uyu mugabo arimo guteza umutekano muke, inzego z’umutekano zahise ziza kumuta muri yombi, ubu afangiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango.

Uyu mumansuzi tariki ya 28/07/2012 yaraye kuri Polisi ya Nyamagana akekwaho kwiba umuntu, bimenyekana arimo kurwanira amafaranaga n'umuhungu wari wamukuye i Kigali.
Uyu mumansuzi tariki ya 28/07/2012 yaraye kuri Polisi ya Nyamagana akekwaho kwiba umuntu, bimenyekana arimo kurwanira amafaranaga n’umuhungu wari wamukuye i Kigali.

Si ubwa mbere muri iki Kimansuro kimaze iminsi mike gitangiye havuzwe ubujura, kuko no cyumweru gishize hari Abamansuzi babiri batawe muri yombi barimo kurwanira amafaranga akabakaba ibihumbi 50, umwe muri bo yari amaze kwiba umuntu wari waje kwihera amaso.

Ibi bibaye nyuma y’igihe gito abagore bo mu mujyi wa Ruhango, bagaragaje impungenge baterwa n’iki Kimansuro kiba kabiri mu cyumweru kwa Gatanu no kwa Gatandatu, kibera muri hotel Umuco.

Ikimansuro ni imbyino zibyinirwa mu kabari, aho abakobwa babyinisha igice cyo hasi mu ndirimbo mu buryo bukurura abagabo (Sexy Dance).

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

iyi nkuru ko ari kera? m ubishatse mwayikuraho kuko uwo mwarimu yagize ibyago kdi urumva ni inkuru mbi kuri we ishobora no kuba yamubuza kubona akazi mubishatse mwayihanagura kbsa.

Bimenyimana Dismas yanditse ku itariki ya: 7-04-2017  →  Musubize

IMANA IZABAKURUZA INKONZO mwakwihanye kOKO igiheniki...

NSANZAMAHORO ildephonse yanditse ku itariki ya: 26-11-2015  →  Musubize

ese ubwo yajyagahe kd ubwo afite umugore na bana.arasebye ntazonrere.

yanditse ku itariki ya: 6-08-2012  →  Musubize

Ntakuntu mu muco hataboneka umutekano muke kko ntahandi wasanga akabyiniro.arko uwo mwarimu ajye yiha agaciro ubundi yajyaga he?agize no kuba umusaza.ahaaa!!thx

Oswald yanditse ku itariki ya: 6-08-2012  →  Musubize

Birasekeje kbsa

xy yanditse ku itariki ya: 4-08-2012  →  Musubize

Eric Muvara, ushobora gusobanurira abasomyi ba Kigali today.com terme IKIMANSURO, cyane cyane twebwe tubasomera kure y’Urwagasabo. Dukunze kudakurikira neza ibigezweho. Murakoze.

Kitoko yanditse ku itariki ya: 4-08-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka