Ruhango: Abayobozi b’imidugudu barasaba ko bagenerwa agahimbazamutsyi

Abayobozi b’imidugudu mu karere ka Ruhango, baravuga akazi bakora ari kenshi cyane kuburyo gatuma batita no ku miryango yabo bagasaba ko bagenerwa agahimbazamutshyi kuko nabo bakoresha ubwitanjye bwinshi.

Ibi aba bayobozi babisabye mu mwiherero w’iminsi itatu watangijwe tariki 03/01/2013, ugamije gusobanurira aba bayobozi gahunda za Leta zitandukanye.

Gusa mu gusobanurirwa izi gahunda za Leta, aba bayobozi bagaragaje ko batorerwa aka kazi batazi ko bazahura n’imirimo myinshi, bakaba bagaragaje icyufuzo cyabo ko bakwiye kugenerwa ibindi byangombwa bihabwa abandi bayobozi.

Abayobozi b'imidugudu mu mwiherero basabye guhabwa agahimbazamutsyi.
Abayobozi b’imidugudu mu mwiherero basabye guhabwa agahimbazamutsyi.

Ntagwabira Venuste uyobora umudugudu wa Mubuga akagari ka Rwinyana umurenge wa Bweramana yavuze ko bakwiye kujya bahabwa insimburamubyizi ndetse byaba byiza bagahabwa ibindi byangombwa nka mituelle, RAMA, n’ibindi bigenerwa abandi bayobozi.

Uyu muyobozi kimwe n’abagenzi, bavuga ko uko gukora akazi kenshi badahembwa ari nabyo bituma habaho kuba bakwaka abaturage akantu “ruswa” mu byo bakunze kwita umuti w’ikaramu, agatike n’andi mazina atandukanye.

Boniface Rucagu, umuyobozi w’itorero ry’igihugu, wari witabiriye uyu mwiherero, yabwiye aba bayobozi ko badakwiye kwinubira akazi bakora, kuko baba baragiye kwiyamamaza ngo baterwe barabanje gusobanurirwa ko akazi bagiye gukora ari ubwitange by’igihugu.

Boniface Rucagu avuga ko abayobozi b'imidugudu bajya gutorwa bazi neza ko bazakorera kwitanga.
Boniface Rucagu avuga ko abayobozi b’imidugudu bajya gutorwa bazi neza ko bazakorera kwitanga.

Aha kandi Rucagu, yabwiye aba bayobozi ko icyubahiro bahabwa mu myanya barimo, ariko gahimbaza mushyi kambere bari bakwiye kwishimira.

Yagize ati “iyo igihugu cyawe kiguhaye ijambo cyikakwicaza mu mwanya runaka, agahimbaza mutshyi karenze ako ni akahe?”
Uyu mwiherero w’abayobozi b’imidugudu mu karere ka Ruhango bagera kuri 553, witezweho kuzahindura byinshi mu kubahiriza gahunda za Leta.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka