Perezida wa Congo-Brazzaville yageze mu Rwanda

Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya Congo Brazzaville, Denis Sassou N’guesso, yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu mbere aho yakiriwe na mugenzi we Paul Kagame.

Perezida Kagame yamwakiriye mu masaha y’umugoroba ku kibuga cy’indege mpuzamahanga i Kanombe.

Biteganyijwe ko abakuru b’ibihugu byombi bazashyira umukono ku masezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi agamije guteza imbere imishinga y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Mu ruzinduko rw’iminsi 3 agirira mu Rwanda, perezida wa Congo Brazaville azagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, azasura kandi urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi. Abakuru b’ibihugu bombi kandi bazagirana ikiganiro n’abanyamakuru.

Gerard GITOLI Mbabazi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

nuko nuko rwose urwanda ruragendwa murisanga bashyitsi bahire. muri bwigire byinshi iwacu ndabyizeye.

kirimenti yanditse ku itariki ya: 22-11-2011  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka