Perezida Kagame yitabiriye inama ya ICGLR iziga ku mutekano n’iterambere by’akarere

Perezida Kagame yageze muri Angola kuri uyu wa 14/1/2014 aho yitabiriye inama ya 5 y’umuryango wa ICGLR izibanda ku mutekano n’amahoro mu karere hamwe n’ibikorwa by’iterambere; nkuko bitangazwa n’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda.

Iyi nama y’abayobozi b’ibihugu izaba tariki 15/01/2014 ije ikurikira indi nama yahuje inzego z’umutekano taliki 10-11/01/2014 ikaba yarize ku buryo akarere kakongera kugira amahoro arambye nyuma y’intambara zica ibintu muri Sudani y’amajyepfo, hamwe na Central Africa Republic.

Perezida Kagame yakirwa mu gihugu cya Angola.
Perezida Kagame yakirwa mu gihugu cya Angola.

Taliki 12 na 13 Mutarama, habaye indi nama yo gutegura inama y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga iteganyijwe kuri uyu wa kabili, yitabiriwe n’ibihugu bigize ICGLR aribyo Angola, Burundi, (Central Africa Republic), Congo, DRC (Democratic Republic of Congo), Kenya, Uganda, Rwanda, Sudani, Sudani y’amajyepfo, Tanzania na Zambia.

Nubwo ibi bihugu byose bivuga ko bihangayikishijwe n’umutekano ukomeje guhungabana muri bimwe mu bihugu bigize ICGLR nka Sudani y’amajyepfo na Centre Afurika ibi bihugu binengwa kuba ntacyo bikora ngo intambara zabaye akarande muri afurika yo hagati zirangire.

Perezida Kagame hamwe n'abandi bayobozi b'ibihugu bitabiriye inama ya 5 ya ICGLR.
Perezida Kagame hamwe n’abandi bayobozi b’ibihugu bitabiriye inama ya 5 ya ICGLR.

Mu nama ya 5 y’umuryango mpuzamahanga w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) igihugu cya Angola kizafata intebe yo kuyobora uyu muryango, ndetse muri iyi nama hazibandwa ku bibazo by’umutekano mucye mu bihugu nka Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, Centre Afurika hamwe na Sudani y’amajyepfo.

Uretse kuba Perezida Kagame agiye mu gihugu cya Angola yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa ICGLR, ubwo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yasuraga iki gihugu abaturage n’abayobozi bacyo bari bamusabye ko Perezida yabasura.

Perezida Kagame hamwe n'abandi bayobozi b'ibihugu bafata ifunguro mu gihugu cya Angola aho bitabiriye inama ya ICGLR.
Perezida Kagame hamwe n’abandi bayobozi b’ibihugu bafata ifunguro mu gihugu cya Angola aho bitabiriye inama ya ICGLR.
Perezida Kagame aganira n'abandi bayobozi b'ibihugu biri mu muryango wa ICGLR.
Perezida Kagame aganira n’abandi bayobozi b’ibihugu biri mu muryango wa ICGLR.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Urazi Perezida wa Angola we baraziranye yemwe barubahana
ariko Zuma yarumiwe urabonase ko yaje kwitegereza
muzehe.

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 15-01-2014  →  Musubize

Ariko uriya ntabwo ari Jacob Zuma uri kumwe na Muzehe.Yaba yagezeyo ate?

edouard yanditse ku itariki ya: 15-01-2014  →  Musubize

dufite umuyobozi ucyeye kandi usobanutse mu bikorwa, ku mubiri no mu ntero . murabaona ukuntu aberewe mu bandi ra!!!

kigingi yanditse ku itariki ya: 15-01-2014  →  Musubize

kubera intambwe u Rwanda rumaze kugeraho umuyobozi wacu iyo agenda usanga akandagira agahamya

tutu yanditse ku itariki ya: 14-01-2014  →  Musubize

Aba bagabo bazave hariya bvafashe icyemezo gifatika kandi gikuraho izo nkunga z’imitekano dukangishwa n’abo jye nita ko bawuhungabanya ahubwo!! ntacyo bakora mbona gikanganye habe namba!!

cyuma yanditse ku itariki ya: 14-01-2014  →  Musubize

Nahoze numva mu kanya Francois Hollande yivuga ngo bafite ingabo muri Sfrica ararondora..ngo zakoze akazi gakomeye!! ariko agezeho avuga ko izo ngabo zivanze n’abany’africa kandi baruta umubare wabo!! kubera iki n;aho abo ba faransa abanyafurika batahaba! maze bakareka kubiducyurira!!? ni ibyo kwigwaho!!

tuyisenge yanditse ku itariki ya: 14-01-2014  →  Musubize

Iyi nama iziye igihe kabisa!! kandi ni ukuri twitegereza amahanga ndavuga abera kuzadukemurira ibibazo!! ariko se twebwe ntitubishoboye!!

bandora yanditse ku itariki ya: 14-01-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka