Perezida Ismail Omar wa Djibouti yageze mu Rwanda

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki 4 Werurwe 2016, Perezida wa Djibouti Ismail Omar, yageze ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi ibiri. Akaba ari bwakirwe na Perezida Kagame.

Biteganyijwe ko nyuma ya saa sita aza gusura igice cyahariwe inganda giherereye i Masoro, iki gihugu kinafitemo ikibanza. Ku mugoroba araza kwakirwa ku meza na Perezida Kagame.

Ibiganiro by’uruzinduko rwe bakazabisubukura ubwo azaba amwakira mu Urugwiro, ejo ku wa Gatandatu, tariki 5 Werurwe 2016.

Amakuru arambuye turacyayakurikirana.

Perezida Ismail Omar akigera i Kangombe yakiriwe na Perezida Kagame.
Perezida Ismail Omar akigera i Kangombe yakiriwe na Perezida Kagame.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka