Nyanza: Umurundi yaguwe gitumo afatanwa gerenade ebyiri

Umurundi witwa Ndumba Joseph w’imyaka 34 y’amavuko yafatanywe gerenade ebyiri zo mu bwoko bwa Tortoise mu mudugudu wa Muyebe, akagali ka Cyeru, umurenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza tariki 23/08/2012.

Uyu murundi yahoze ari mu gisirikare cy’u Burundi nk’uko yabitangarije inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Nyanza akimara gutabwa muri yombi.

Ubwo yageragezaga kwinjirana izo gerenade mu gihugu cy’u Rwanda anyuze mu murenge wa Kibilizi uhana imbibi n’igihugu cy’u Burundi ntibyamuhiriye kuko amakuru yahise atangira gucicikana ashiduka yafashwe.

Mu gihe ibikorwa by’iperereza bigikomeje gukorwa uwo murundi yabaye ashyizwe mu maboko ya polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza; nk’uko Nsengimana Gilbert, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagali ka Cyeru mu murenge wa Kibilizi uwo murundi yafatiwemo abitangaza.

Umurenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza uhana imbibi n’Intara ya Kirundo mu gihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi.

Jean Pierre Twizeyeyezu

Ibitekerezo   ( 4 )

thx to our police

rene yanditse ku itariki ya: 24-08-2012  →  Musubize

inkike z’u Rwanda zirabungabuzwe ku buryo bukwiye. Ntawahirahira ngo ahungabanye umutekano kuko inzego ziwushinzwe ntaho yazica.

THX TO OUR POLICE

yanditse ku itariki ya: 24-08-2012  →  Musubize

Icyo nzicyo inzego z’umutekano zirakanuye mu Karere ka Nyanza; kandi abagerageza bose gushaka guhungabanya umutekano bararye ari menge

Kamali yanditse ku itariki ya: 23-08-2012  →  Musubize

GOOD JOB,RWANDA NATIONAL POLICE

EMMANUEL yanditse ku itariki ya: 23-08-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka