Nyanza: Perezida Kagame yemeza ko ahazaza ari heza

Perezida Kagame atangaza ko ibimaze gukorwa mu gihugu nyuma y’imyaka 20 ari urugero rw’ibishoboka gukorwa bigateza imbere Abanyarwanda imbere.

Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Nyanza, kuri uyu wa gatanu tariki 11 Nzeri 2015, umukuru w’igihugu yavuze ko ibyo abaturage b’aka Karere bagezeho bitavuye mu nkunga kandi ko babihereyeho byarushaho kubageza no ku rindi terambere.

Perezida Kagame asanga ibyagezweho mu myaka 20 ari urugero rw'ibishoboka mu y'indi iri imbere.
Perezida Kagame asanga ibyagezweho mu myaka 20 ari urugero rw’ibishoboka mu y’indi iri imbere.

Kuba imwe mu mishinga itera inkunga Abanyenyanza ari iy’abaterankunga, Perezida kagame avuga ko ntacyo bitwaye kuko ibikorwa ari iby’Abanyarwanda.

Yagize ati “Ibimaze gukorwa ni urugero rw’ibishoboka, kandi n’ubwo bimwe mu bikorwa biterwa inkunga n’abanyamahanga, ibikorwa byo ni iby’abanyarwanda.”

Yibukije abayobozi n'abaturage ko ari bo iterambere rizaturukaho.
Yibukije abayobozi n’abaturage ko ari bo iterambere rizaturukaho.

Bimwe mu bikorwa bimaze kugerwaho mu Iterambere harimo urugomero rwanatashywe n’umukru w’igihugu, ruri ku buso busaga Hegitari 24 rufasha kuvomera imibande n’imusozi rukaba rushobora kumara imyaka 50.

Umujyi wa Nyanza kandi ni wo uza ku isonga mu turere tw’intara y’amajyepfo kugira imihanda myiza ya Kaburimbo hejuru ya km10, igatuma ba mukerarugendo barushaho gusura aka Karere.

Akarere ka Nyanza gasanzwe kitwara neza mu kwesa imihigo ya buri mwaka.
Akarere ka Nyanza gasanzwe kitwara neza mu kwesa imihigo ya buri mwaka.

Perezida Kagame asaba abikorera kurushaho gushora mu bikorwa by’iterambere byarushaho gutuma bunguka n’abaturage bakiteza imbere, kandi ko ibimaze kugerwaho mu Karere ka Nyanza byabera urugero n’utundi turere.

Akarere ka Nyanza kaje ku mwanya wa gatatu mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2014/2015.

Abaturage bo muri aka karere batangiye kwitabira uburyo bwo kuhira imyaka no guhinga kijyambere.
Abaturage bo muri aka karere batangiye kwitabira uburyo bwo kuhira imyaka no guhinga kijyambere.
Ubwo ni bimwe mu buryo bwifashishwa mu guhinga kijyambere.
Ubwo ni bimwe mu buryo bwifashishwa mu guhinga kijyambere.

Ephrem Murindabigwi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Ni heza rwose kuko aho twavuye hari habi ariko aho tugeze hatwereka ko nta kidashoboka. Imbere ni heza heza cyane ndetse. Dukomeze ubufatanye no gushyira hamwe twiyubakira igihuhu cyacu.

Hashim yanditse ku itariki ya: 12-09-2015  →  Musubize

ndashima kagame numubyeyi twaritugutegere iminsi gusa twagaye abayobozi binyanza kuko bashutse abantu bari bafite ibibazo ngobicare hamwe inyuma yasitade hanyuma bababuza kwinjira twabigaye rwose

mama yanditse ku itariki ya: 11-09-2015  →  Musubize

Ndashimira H.E Paul kagame kunama nimpanura adahweme kutugira gusa nadufashe nkabanyarwanda AGUMYE Atwiyoborere kuko njye mbona kugiti cyanjye aribwo tuzaterimbere kurushaho.kandi Rugira Agumye amuhe umuhe ubuzima bwiza niminsi yo kubaho murakoze.

TUYISENGE CHRISTOPHE yanditse ku itariki ya: 11-09-2015  →  Musubize

dushimire umuyobozi dufite usubiza ibyifuzo by’abanyarwanda. uyu niwe muyobozi mwiza dukwiye gukomezanya nawe muri 2017

Kansime yanditse ku itariki ya: 11-09-2015  →  Musubize

Nejejwe cyane n’ijambo perezida wacu yavuze agira ati ibyo tumaze kugeraho ntabwo byavuye mu nkunga, bravo baturage ba nyanza na banyarwanda twese muri rusange.

Emmanuel muvunyi yanditse ku itariki ya: 11-09-2015  →  Musubize

Ndashimira cyane perezida wacu kubw’ijambo ryiza yagejeje kubaturage ba Nyanza agira ati ibyo tumaze kugeraho ntibivuye munkunga, akaba adahwema kwejera abaturage be yumva ibibazo byabo bityo akabishakira umuti, ibi bigaragaza umubano mwiza hagati ye nabo ayobora.

Sam mwebaze yanditse ku itariki ya: 11-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka