Nyanza: Ingabo z’Inkeragutabara zatangiye gushyikiriza abarokotse Jenoside amazu zabubakiye

Umugaba mukuru w’Inkeragutabara RDF Reserve Force yaraye atangiye igikorwa cyo gushyikiriza by’agateganyo imiryango y’abarokotse Jenoside yo mu 1994 amacumbi Inkeragutabara zabasaniye, igikorwa cyatangiriye mu karere ka Nyanza ejo kuwa 05/09/2013.

Abahawe amacumbi bayakiranaga ibyishimo
Abahawe amacumbi bayakiranaga ibyishimo

Muri iyi gahunda Umugaba mukuru w’inkeragutabara Lt Gen Fred Ibingira, umuyobozi w’akarere ka Nyanza Murenzi Abdallah n’itsinda ry’abatekinisiye mu bwubatsi bari kumwe basuye amazu atatu muri 19 yasanwe n’Inkeragutabara, bishimira uko yubatswe kandi bayamurikira by’agateganyo abarokoste Jenoside bazayaturamo mu mirenge itandukanye y’akarere ka Nyanza.

Aya macumbi ahenshi atuwemo n’abakecuru basigaye ari inshike nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda. Mukarubayiza Thacianna ni umwe mu bahawe inzu, akaba yagaragaje ko yishimiye cyane kuba abonye aho kuba heza kandi hajyanye n’igihe, dore ko yavuze ko ngo yari amaze igihe aba mu nzu ishaje yahoraga yikanga ko izamugwaho.

Uwo mukecuru ariwe nyir'inzu arashima Lt Gen Ibingira ko bamugejejeho icumbi ryubatse neza
Uwo mukecuru ariwe nyir’inzu arashima Lt Gen Ibingira ko bamugejejeho icumbi ryubatse neza

Yagize ati “Ubu ndumva nduhutse kandi umutima wanjye uratekanye kuko ntazongera kwikanga ko inzu yangwaho, mbonye aho nzajya nugama imvura n’izuba ntahangayitse, murakoze murakabyara.”

Abubakiwe aya mazu batangiye kuyaturamo kuva ejo kuwa 05/09/2013 ariko ngo bayashyikirjwe ku buryo bw’agateganyo mu gihe hagitegerejwe ibizagenda biyakosorwaho kugeza yuzuye neza bakazayashyikirizwa burundu.

Bimwe mu byo ayo mazu agomba gukosorwaho kugira ngo bene yo bayahabwe burundu ni ugushyiramo inzugi zikomeye mu byumba, kongeraho imireko y’amazi n’ibigega bibika amazi ku buryo bwa kijyambere n’indi mirimo mike.

Uyu mukecuru arashima abamusaniye icumbi
Uyu mukecuru arashima abamusaniye icumbi

Ir Ntaganzwa Innocent ushinzwe iby’ubwubatsi mu mutwe w’Inkeragutabara yavuze ko ayo mazu basuye yari yarangiritse cyane, ariko ngo yasanwe ku buryo bukomeye ku buryo abayahawe bazayabamo igihe kirekire batikanga ko yakongera kwangirika.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwamezo mu karere ka Nyanza, Ir Gatera Eric yavuze ko ibisigaye gukorwa kuri izo nzu aribyo bike kurusha ibyakozwe, kandi ngo bizakosrwa vuba. Umuyobozi w’akarere ka Nyanza yashimiye ko ayo mazu namara kuzura burundu azafasha mu gucyemura ikibazo cy’amacumbi mu miryango y’abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye bari bafite amacumbi yabasaziyeho.

Baraganirira hamwe uko ibisigaye ku macumbi byakosorwa vuba
Baraganirira hamwe uko ibisigaye ku macumbi byakosorwa vuba

Ir Ntaganzwa Innocent impuguke mu by’ubwubatsi mu mutwe w’Inkeragutabara yabwiye Kigali Today ko iyi gahunda yo gusanira abarokotse Jenoside amacumbi iri gukorwa mu turere twose tw’u Rwanda, bakazayashyikirizwa mu gihe cya vuba.

Jean Pierre Twizeyeyezu

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Nibazubake n’ubundi buracya bakazisenga; bakazitwika ndetse bakanazisahura.

Kananga yanditse ku itariki ya: 7-09-2013  →  Musubize

big up maboko y’igihugu mukomeze mutwubake nkuko mwabirahiriye ntimugasaze turikumwe.

ALIAS yanditse ku itariki ya: 6-09-2013  →  Musubize

Bravo Reserve forces , all RDF members 4 ur contributions around the whole africa

Alias yanditse ku itariki ya: 6-09-2013  →  Musubize

Ko ntamazu mwatweretse...

Arihe yanditse ku itariki ya: 6-09-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka