Nyamagabe: Umugore n’umugabo we biyungiye mu ruhame

Umugore witwa Odette Nyiraneza yahaye imbabazi umugabo we, Vincent Nyarwaya mu ruhame bariyunga, nyuma y’imyaka 8 avuye muri gereza kubera icyaha cya jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 akinjira undi mugore.

Impamvu yatumye uyu mugabo yinjira undi mugore ngo ni amagambo yamusangaga muri gereza avuga ko hari uwamusigariye ku rugo, ko umugore we ashobora kuba amuca inyuma.

Nyuma yo kwiyunga barahoberanye.
Nyuma yo kwiyunga barahoberanye.

Mu gihe umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe yatangizaga ukwezi kw’imiyoborere mu Murenge wa Kamegeri anakira ibibazo by’abaturage, ku wa 18 Werurwe 2015, nibwo Nyiraneza yasabye ko yarenganurwa, umugabo we agataha kandi imitungo yari yarigabije akayigarura.

Nyiraneza yavuze ko umugabo we yamusize ku rugo akajya gukora ibihano nsimburagifungo yabirangiza aho gutaha mu rugo rwe akigira ahandi. Yongeyeho ko afite ibyishimo byinshi byo kuba yiyunze n’umugabo we wari waramutaye.

Yagize ati “njyewe kuba niyunze n’umugabo wanjye, akaba ananshuhuje hagiye gukorwa ibintu byinshi ku mutima wanjye, mbese ndanezerewe”.

Barahoberanye umugore asoma umugabo we nawe wari wagaragaje akanyamuneza.
Barahoberanye umugore asoma umugabo we nawe wari wagaragaje akanyamuneza.

Uyu mugabo Nyarwaya, nyuma yo kugirwa inama, yasabye imbabazi umugore we mu ruhame, kandi bariyunga ndetse asezeranya ubuyobozi kuzafata neza umugore we.

Yagize ati “ubu ngiye gufatanya nawe gukora neza, twiteze imbere ibintu bijye muri gahunda, ubundi twongere tugire umutungo nk’uwo twari dufite kera”.

Uyu mugore n’umugabo bemereye abayobozi n’abaturage muri rusange bari bitabiriye ibirori ko bagiye kwisubiraho kandi bakabera abandi urugero birinda amakimbirane mu rugo rwabo.

Abayobozi bagiriye abaturage inama yo kwirinda amakimbirane mu ngo.
Abayobozi bagiriye abaturage inama yo kwirinda amakimbirane mu ngo.

Caissy Christine Nakure

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ni byiza ko biyunze ubuzima bugakomeza twirinde ibidutanya dukomeze ibiduhuza

alias yanditse ku itariki ya: 24-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka