Nyagatare: Gushakisha abagwiriwe n’inyubako byarangiye

Ibikorwa byo gushakisha abagwiriwe n’inkuta za etage yaguye mu mujyi wa Nyagatare byasojwe ndetse n’umuhanda uca mu mujyi wari wafunzwe n’ibisigazwa by’inzu yaguye ubu wongeye gukoreshwa.

Inzu yahirimye ku mugoroba wa tariki 14/05/2013 yarimo abakozi 36. Abantu batandatu bitabye Imana, 12 baravuwe bahita bataha, 13 baracyavurirwa mu bitaro bya Nyagatare naho abandi batanu boherejwe kuvurirwa mu bitaro bya Fayisal na Kanombe i Kigali.

Ubuyobozi bw’akarere burashimira abagize uruhare mu gutabara abagwiriwe n’iyi nzu barimo abaturage bafatanije n’inzego z’umutekano ndetse n’amasosiyete yatanze ibikoresho byifashishijwe mu gushaka abagiriwe n’inkuta arimo uruganda rukora amakaro rwubatse mu Karere ka Nyagatare na sosiyete Real Constractors.

Imashini ziri kugerageza guterura inkuta ngo barebe ko haba hari abakiri munsi yazo. (Foto: Dan Ngabonziza)
Imashini ziri kugerageza guterura inkuta ngo barebe ko haba hari abakiri munsi yazo. (Foto: Dan Ngabonziza)

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare yagize ati “Ntibyari byoroshye nk’akarere kwifasha mucbutabazi bwari bukenewe byihuse, gusa turashimira inzego zose ndetse n’abaturage badutabaye kuva aya mahano ikimara kuba.”

Harashimirwa kandi ubutabazi bwihuse bwatanzwe n’ibitaro bitandukanye birimo ibya Kiziguro, Rwamagana, n’ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe.

Umugenzuzi w’umurimo mu Karere ka Nyagatare, Nkundimana Hobes, we asaba ko mu rwego rwo kurengera abakozi abubaka bose bagomba kuba bafite ubwishingizi.

Yagize ati “Niba hari umuntu wese ugize igitekerezo cyo kubaka, ni ngombwa ko yabanza gutekereza ubuzima bw’abo akoresha akanabashinganisha ndetse agashinganisha n’ibikorwa bye.”

Iko iyi nyubako yari imeze mbere yo kugwa. (Foto: Dan Ngabonziza)
Iko iyi nyubako yari imeze mbere yo kugwa. (Foto: Dan Ngabonziza)

Hateganijwe ko ku bufatanye n’akarere, kuri uyu wa 16/05/2013, ababuze ababo baza gushyingura abitabye Imana.

Dan Ngabonziza

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

birababaje pe mbega igihombo ! ubuse byatewe niki ?

NIZEYIMANA Ssmuel yanditse ku itariki ya: 28-06-2021  →  Musubize

Birababaje! gusa turasaba leta ko yajya ikurikirana imyubakire y’ama etaje uko bavanga ciment na fera beto zikoreshwa.

yanditse ku itariki ya: 16-05-2013  →  Musubize

nibyiza rwose kumva aho ubutabazi bugeze iwacu,twese abasomye iyi nkuru turashimira mwese abagize uruhare rwo kwitanga.tunabasaba by’umwihariko abayobozi babishinzwe,rwose gushyiraho itegeko ryo kubakisha ari uko wamaze gufata iyo assurance y’abakozi n’ibikorwa,sinon abantu bubaka bahora kuli risque,rwose mudufasha abakunda igihugu cyacu.izo assurance nizibe itegeko mu byangombwa byo gutangisha inyubako kdi si aho gusa n’

dina yanditse ku itariki ya: 16-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka