Musanze: Abemeye gusangira umugabo umwe, nibemere bamusangire mu rukundo –Mayor Mpembyemungu

Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze busaba abagore baharitswe kwirinda amakimbirane bakemera gusangira umugabo mu ituze, ariko abakobwa batarashaka bakabuzwa guharikwa abagore bagenzi babo.

Ubwo hasozwaga icyiciro cya mbere cy’ukwezi kwahariwe imiyoborere mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze ku wa Kane tariki 02 Mata 2015, abaturage bagejeje ku buyobozi bw’akarere ibibazo bitandukanye bafite ariko ibijyanye no kubona ibyangombwa bw’ubutaka bya burundu n’icy’ubuharike ni byo biza ku isonga.

Umuyobozi w'Akarere ka Musanze asaba abagore baharitswe kudatikura bapfa umugabo.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze asaba abagore baharitswe kudatikura bapfa umugabo.

By’umwihariko abagore bagaragarije ubuyobozi akarengane barimo gukorerwa n’abagabo babashakiyeho abandi bagore, bakaba bafite ikibazo cyo gutunga abana kuko badafite uburenganzira ku mutungo no kubona amafaranga yo gutanga igarama mu rukiko bikaba ari ikibazo.

Mukabucyana Penina utuye mu Murenge wa Kimonyi arapfutse ku kaguru. N’amarira menshi yabwiye Kigali Today ko amaze gutemwa n’umugabo we wamuharitse mu myaka itanu ishize, agashaka kumwirukana iwe na ho ngo ahatware.

Abaturage bageza ibibazo by'ibyangombwa bw'ubutaka n'ubuharike ku bayobozi.
Abaturage bageza ibibazo by’ibyangombwa bw’ubutaka n’ubuharike ku bayobozi.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winnifride ashimangira ko ubuharike ari kimwe mu bikurura umutekano muke kuko abagore baharitswe batumvikana, agakangurira abagore baguye muri icyo kibazo kwirinda umwiryane bakemera gusangira umugabo umwe mu mahoro.

Agira ati “Ikibazo cy’ubuharike gikomeje gukurura amakimbirane mu ngo, inama twatanga abagezweho n’ubuharike bemeye gusangira umugabo umwe, nibemere bamusangire mu rukundo ariko abakobwa…turabakangurira kwirinda kujya guharika bagenzi babo…”.

Abagore babujijwe uburenganzira ku mutungo kubera guharikwa.
Abagore babujijwe uburenganzira ku mutungo kubera guharikwa.

Ubuharike bukurura kandi amakimbirane ashingiye ku mitungo, bityo abagabo bafite abagore benshi bagirwa inama yo kugabanya iyo mitungo abana babo hakiri kare mu rwego rwo kwirinda icyo kibazo gikunda kuvuka.

Ngo hari abagore baharikwa bitewe n’imyitwarire yabo itari myiza nk’ubusinzi. Umuyobozi w’akarere yihanije ababyeyi bafite iyo ngeso guca ukubiri nayo kuko ibatesha agaciro, ariko ngo ushaka kunywa inzoga yayinywera iwe mu rugo.

Kuva tariki 18 Werurw ukwezi kw’imiyoborere myiza kwatangira, ubuyobozi bw’akarere bwakiriye ibibazo by’abaturage 89, muri byo 82 birakemurwa ibindi ngo biri mu nzira zo kubonerwa igisubizo.

NSHIMIYIMANA Leonard

Ibitekerezo   ( 4 )

ngembona hakurikizwa amategeko kuko nicyo yagiriyeho none se wabonye he abavyeba bumvikana ikindi mugabo ushaka undi iwbere niba wamuhaze mujye. muca mimategeko abatandukanye naho moyer aratubeshye. ntawutibeshya ariko bamuhugure

ok yanditse ku itariki ya: 5-04-2015  →  Musubize

ngembona hakurikizwa amategeko kuko nicyo yagiriyeho none se wabonye he abavyeba bumvikana ikindi mugabo ushaka undi iwbere niba wamuhaze mujye. muca mimategeko abatandukanye naho moyer aratubeshye. ntawutibeshya ariko bamuhugure

ok yanditse ku itariki ya: 5-04-2015  →  Musubize

Uyu muyobozi ndamwemeye rwose, ababwije ukuri. Ushobora gukemura ikibazo nkiki cyi mboneza mubano ugatera igikomeye. Umugore wa kabiri yirukanywe yajyahe?Nibihanganane kuko habayemo kutamenya bagabane ibyo bafite baringanize, bafatwe kimwe muri byose bagire urukundo nku rwambere.

Hanzaha yanditse ku itariki ya: 4-04-2015  →  Musubize

Ngaho re!!! Mayor Mpembyemungu ntazi ko ubushoreke butemewe? Ngo nibemere babane mu mahoro? Ariko narumiwe koko. Uru Rwanda rwitumgiwe n’Imana gusa. Ubu se uyu ni muyobozi ki utazi n’amategeko igihugu kigenderaho?
Ubushoreke ntibwemewe, si ikibazo cyo kubana neza ni ikibazo cy’amategeko. Kandi n’iyo babana neza , amakimbirane ntiyazabura mu bana babo. Nimujye mujijura abaturage aho kubabeshya mwa ngirwa bayobozi mwe.

Murebwayire Marie Jeanne yanditse ku itariki ya: 3-04-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka