Muhanga: Inama y’Igihugu y’Abagore yiyemeje guca agataro mu bagore

Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Muhanga yahigiye kongera imbaraga mu bikorwa bizamura umugore mu myaka itanu iri imbere.

Ku isonga abagore biyemeje ko bidakwiye ko abagore bagenzi babo bakomeza gucururiza ku dutaro kuko ntacyo bibagezaho usibye guhomba n’utwo bashyiramo kandi ntibahindure ubuzima.

Mukayibanda (ibumoso) uyobora CNF Muhanga, avuga ko gucururiza ku dutaro bigomba gucika burundu.
Mukayibanda (ibumoso) uyobora CNF Muhanga, avuga ko gucururiza ku dutaro bigomba gucika burundu.

Umuyobozi w’Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Muhanga, Prisca Mukayibanda, avuga ko ku bufatanye n’izindi nzego babashije gukora urutonde rw’abagore 341 bacururiza mu Muhanda mu Mujyi wa Muhanga.

Mukayibanda avuga ko umubare wabo ugaragaza uburyo abagore badatera imbere, agira ati, “Na n’ubu uracyahura n’umugore wikoreye ibase agusaba kumugurirra. Turateganya gukomeza kubegera tukabaganiriza tukabafasha kwibumbira mu mashyirahamwe”.

Imihogo icumi abagore bihaye harimo no kurandura burundu ikibazo cy’abagore n’abakobwa batazi gusoma kwandika no kubara, kuko ngo bituma abagore bakomeza kudindira mu Iterambere.

Inama y'Igihugu y'Abagore mu Karere ka Muhanga yiyemeje kuzaba yaranduye burundu ikibazo cy'abatazi gusoma, kwanika no kubara mu myaka itanu iri imbere.
Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Muhanga yiyemeje kuzaba yaranduye burundu ikibazo cy’abatazi gusoma, kwanika no kubara mu myaka itanu iri imbere.

Ikindi manda itaha y’Inama y’Igihugu y’Abagore isabwa ni ukwita ku burere n’uburezi bw’abana b’abakobwa, no kugira isuku.

Mukayibanda agira ati “Mu nzira usanga abagore basa neza, ariko uwabatungura mu ngo ushobora gusanga abagabo babo basa nabi cyangwa abana bafite ubutuna”.

Abagore kandi basabwa guhangana n’ikibazo cy’ihohoterwa mu ngo kuko mu miryango igaragaramo umwiryane ngo usanga ikomeza kudindira kandi bitewe n’ibibazo bidakanganye biba bitakemukiye igihe.

Manda y’Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Muhanga ishoje imyaka itanu, ivuga ko byinshi yabashije gukora n’ubundi yitaye ku iterambere ry’umuryango kugira ngo abagore babashe kugira ubuzima bwiza mu ngo, ariko ngo ni ngombwa no gukomeza kugira ngo ibibazo bikigaragaza bibashe gukemuka.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

CNF y’i Muhanga yibukijwe nuko manda irangiye hooohooo ntituzabatora ye

jane yanditse ku itariki ya: 15-01-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka