Muhanga: Hagiye kubakwa ikimoteri cya miliyoni 400FRW

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Muhanga, Gasana Celse, aratangaza ko, mu ngengo y’imari itaha bazubaka ikimoteri cy’Umujyi wa Muhanga kizatwara abarirwa muri miliyoni 400FRW.

Hagati aho ngo gahunda yo gukomeza kujyana imyanda mu kimoteri cy’agateganyo cya Mushubati mu Murenge wa Muhanga irakomeza, ariko havugururwa uburyo byakorwaga, dore ko wasangaga abatsindiye isoko ryo kuyitwara batagira ibikoresho bihagije byo kuyitunganya.

Ahasanzwe hamenwa imyanda by'agateganyo ni na ho hazubakwa ikijyanye n'igihe.
Ahasanzwe hamenwa imyanda by’agateganyo ni na ho hazubakwa ikijyanye n’igihe.

Kuri ubu usanga abita ku myanda imenwa ahateganyijwe bagikora mu buryo bushobora kubagiraho ingaruka kuko nta bikoresho byabugenewe bafite, aho usanga bavanguza imyanda intoki kandi n’aho bayimena hatujuje ibisabwa.

Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere avuga ko inyigo y’ikomoteri yakozwe neza hari n’impande zose bireba no ku nzego za Minisiteri z’ubuzima n’iy’ibidukikije, kikaba kizajya cyakira imyanda kandi hagashyirwaho uburyo bwo kuyivangura hakurikijwe ubwoko bwayo bushobora kubyazwa undi musaruro.

Agira ati, “Niyo mpamvu twakerewe ngo impande zose bireba zibyinjiremo, tuzakora ku buryo kitabangamira abagituriye cyangwa ngo cyangize ibidukikije”.

Imyanda itandukanyije (ibora n'itabora) izajya ijyanwa mu kimoteri cy'agateganyo kiri i Mushubati.
Imyanda itandukanyije (ibora n’itabora) izajya ijyanwa mu kimoteri cy’agateganyo kiri i Mushubati.

Munyemana François avuga ko amaze amezi umunani avangura amashashi n’imyanda ibora, akavuga ingorane ahuriramo azemera kuko nta kundi yabona amaramuko, agira ati, « Bote zo turazifite, ariko nk’iyo bazanye umwanda waboze biratunukira cyane ».

Gasana avuga ko Akarere ka Muhanga kagiye gutanga isoko ry'ushoboye gutwara no gufata neza abatunganya imyanda.
Gasana avuga ko Akarere ka Muhanga kagiye gutanga isoko ry’ushoboye gutwara no gufata neza abatunganya imyanda.

Nshimiyinama Jean Bosco ukorana mu bishingwe na Munyemana avuga ko bahangayikishijwe no gukora nta dupfukamunwa cyangwa imyenda yabugenewe ariko ko na we apfa gukora kugira ngo atajya kwiba.

Agira ati, “Nta kundi twabigenza turasaba ko twahabwa ibikoresho bizima ariko n’amafaranga turayakeneye n’ubwo usanga bituzamukira mu myanya y’ubuhumekero”.

Munyemana na Nshimiyimana bavuga ko babangamiwe no kutagira ibikoresho bifashisha mu kuvangura imyanda.
Munyemana na Nshimiyimana bavuga ko babangamiwe no kutagira ibikoresho bifashisha mu kuvangura imyanda.

Kuri ibi bibazo, Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Muhanga avuga ko biterwa n’utwara imyanda utita ku bakozi, akavuga ko hagiye gutangwa irindi soko ry’ushoboye gukora neza kuko ngo Akarere katatanga isoko ngo kanite ku bakozi b’uwarihawe.

Gahunda yo gutwara imyanda mu mujyi wa Muhanga ntiyigeze ishyirwa mu bikorwa neza ku buryo usanga hirya no hino ikomeje kwandagara mu bihuru, no ku gasozi rimwe na rimwe yagwira imwe ikanatwikwa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka