Muhanga: Abaturage bashimiye Inteko bayigabira inka

Abaturage bo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga bagabiye inka inteko ishinga amategeko kuko yemeye kuvugurura itegeko nshinga.

Ku ncuro ya nyuma yo kujya gusobanurira abaturage bo mu Murenge wa Mushishiro uko itegeko nshinga ryavuguruwe, kuri uyu wa 16 ukuboza 2015, abaturage bavuze ko noneho bemeye neza ko ibyo batumye abadepite babikoze neza nyuma y’uko bagarukanye inkuru nziza.

Abaturage bavuga ko Imana yabafashije ibyifuzo byabo bikagerwaho bakaba biteguye gutora referandumu
Abaturage bavuga ko Imana yabafashije ibyifuzo byabo bikagerwaho bakaba biteguye gutora referandumu

Abaturage bavuga ko itora rya Referandumu rizaba mu mucyo kandi bagatora Yego kuko bazi neza ibyo bashaka, ku isonga kwitorera Perezida Paul Kagame.

Umwe mu baturage uhagarariye abanyamushishiro yavuze ko iyi nka atari iy’ubusa ahubwo ari iy’uko abagize inteko ishinga amategeko bubashye ibitekerezo by’abanyarwanda muri rusange, yagize ati, “Twemera ko ku wa gatanu tuzatora ijana ku ijana yego, umunezero wacu ku gikorwa mwakoze utumye tugabira inteko inyana shashi”.

Ishashi y'Umukara niyo abaturage bagabiye Inteko ishinga amategeko kubera ko yabakoreye ibyo bayitumye
Ishashi y’Umukara niyo abaturage bagabiye Inteko ishinga amategeko kubera ko yabakoreye ibyo bayitumye

Usibye kuba bashimiye Inteko ku kazi yakoze, abaturage b’i Mushishiro banagaragaje ko nta cyatuma Perezida Paul Kagame yanga kuziyamamaza kuko ngo inzitizi zari zimuri imbere bazikuriyeho ubwabo.

Abakiriye inkuyo ni Senateri Mukayuhi Rwasa na Kankera bashimiye abaturage ku marangamutima yabo n'ubushake mu kubaha ubuyobozi
Abakiriye inkuyo ni Senateri Mukayuhi Rwasa na Kankera bashimiye abaturage ku marangamutima yabo n’ubushake mu kubaha ubuyobozi

Abaturage bahise bongera kumutumaho Abadepite ko niba ibizava mu matora bizatangazwa tariki ya 21, Perezida Kagame yahita yemera kuziyamamaza ku munsi ukurikiyeho ku wa 22 maze bagatuza.

Ba Honorable Depite Mukayuhi Rwasa Constance, na Kankera Marie José nibo bakiriye kandi bashimira abaturage ku mpano bahawe nk’ikimenyetso cy’uko bakoranye neza kandi babashimira kuba bakomeje kugaragaza ko bishimiye ubuyobozi.

Umuyobozi w'Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku avuga ko gahunda yo gusobanura uko itegeko nshinga mu Karere ka Muhanga yagenze neza
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku avuga ko gahunda yo gusobanura uko itegeko nshinga mu Karere ka Muhanga yagenze neza

Aba badepite bemeye ko bazaza gukura ubwatsi, naho inka y’umukora bahawe baba bayiragije umwe mu baturage mu gihe bagiye kwitegura kuzaza kuyicyuza.

Abaturage bagera mu bihumbi bitatu bo mu Murenge wa Mushishiro nibo bari bitabiriye ibiganiro ku ivugururwa ry’Itegeko nshinga kandi bemera ko inkoko ari yo ngoma ku wa gatanu bagatora yego.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka