Mu nkambi ya Kiziba hari abana barenga 5000 batarabarurwa

Mu nkambi ya Kiziba icumbikiye Abanyecongo mu karere ka Karongi, harabarirwa abana basaga 5000 bavutse mu bihe bitandukanye kuva mu 1996 batabaruwe, nk’uko byemezwa na perezida w’inkambi, Niyibizi Habimana.

Ikibazo kibagora cyane ngo nuko igihe cyo gutanga ibiribwa n’imiti iyo kigeze, usanga hari abatabona ibyo bagakwiye kubona kubera ko hari ababa bafite abana batabaruwe kandi ibintu bitangwa hakurikijwe umubare w’abantu bari mu muryango.

Abana ni benshi ku buryo n'abato baheka barumuna babo.
Abana ni benshi ku buryo n’abato baheka barumuna babo.

Umuyobozi w’inkambi ya Kiziba, Niyibizi Habimana, avuga ko icyo kibazo kibabangamiye cyane kubera ko n’ubusanzwe ubuzima bwo mu nkambi nabwo butaboroheye.

Kuri icyo kibazo, umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, yizeza impunzi ko ubuyobozi bw’umurenge wa Rwankuba iyo nkambi ibarizwamo bwaborohereje bukabegera kugira ngo bandikishe abana.

Ngo ababyeyi bafite ibibazo by’abana batarabarurwa ibyinshi usanga ari ibimaze igihe, ariko nabyo ngo biri mu nkiko kandi Kayumba yabijeje ko nabyo bizakemuka.

Kayumba Bernard, umuyobozi w'akarere ka Karongi.
Kayumba Bernard, umuyobozi w’akarere ka Karongi.

Inkambi ya Kiziba icumbikiye impunzi z’abanye Congo 16.632, bageze mu Rwanda bahunze ubwicanyi bwabakorerwaga na Leta ya Kabila kuva mu 1996.

Marcellin Gasana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

turasaba abayobozi bigihugu ko inkambi yakiziba bayisabira ubuhungiro kuko bararambiwe imyaka 20nimyinshi

shema yanditse ku itariki ya: 28-01-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka