Mme Jeannette Kagame mu basaba isi gutangira ubuntu

Abitabiriye inama Nyafurika y’Abagiraneza yaberaga i Kigali, barimo Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, barasaba isi kugira ubuntu.

Inama yiswe African Philanthropy Forum yo kungurana ibitekerezo ku cyakorwa kugira ngo abakene muri Afurika babone ubufasha, yari imaze iminsi ibiri kuva kuri uyu wa mbere tariki 26 kugeza 27 Ukwakira 2015.

Mme Jeannette Kagame ari mu bafite icyifuzo ko abatuye isi bagarura ubuntu muri bo.
Mme Jeannette Kagame ari mu bafite icyifuzo ko abatuye isi bagarura ubuntu muri bo.

Mme Jeannette Kagame wari mu batanze ibiganiro, yavuze ko ubusanzwe kwitwa umugira neza bisobanura gutanga ku buntu, ariko mu ijambo rye hari aho yumvikanisha ko abantu bamwe batanga bafite inyungu zindi zitigaragaza.

Yagize ati "Dukeneye ubufatanyabikorwa nyabwo mu rwego rwo gucika ku gutega amaboko no kumenya neza niba ubufasha bwahawe ababukeneye.”

Yavuze kandi ko kubera ubuntu bw’abanyafurika, ari yo mpamvu ngo bitabira gutanga gahato.

Mme Jeannette Kagame yatumiwe muri iyi nama mpuzamahanga y’abafasha abatishoboye muri Afurika, nk’Umunyarwandakazi ushimwa n’amahanga kubera ibikorwa byo kwita ku batishoboye b’ingeri zinyuranye.

Mme Jeannette Kagame n'Umwamikazi wa Buganda mu nama y'abagiraneza b'Abanyafurika (APF).
Mme Jeannette Kagame n’Umwamikazi wa Buganda mu nama y’abagiraneza b’Abanyafurika (APF).

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Mme Jeannette Kagame yashinze umuryango witwaga PACFA wo kurwanya icyorezo cya SIDA, waje kubyara Imbuto Foundation.

Impfubyi n’abapfakazi bakuwe mu bukene no mu bwigunge, ibihumbi by’abana b’abakobwa ahanini batishoboye biga cyangwa barangije amashuri, babikesha Imbuto Foundation, nk’uko inama ya African Philanthropy yabimushimiye.

Umuyobozi w’Ihuriro ry’abagiraneza ku isi, Mme Jane Wales, yavuze ko ubusumbane mu mibereho y’abantu ku isi burimo guterwa no kubura ubumuntu kw’abantu.

Abari bayoboye ikiganiro kigira kiti "Ahazaza dutegura: Igisekuru cy'ejo giharanira impinduka muri Sosiyete Nyafurika. Uhereye ibumoso Uzodinma Iweala, Umwanditse Mukuru w'Ikinyamakuru "Ventures Africa" ari na we wari uyoboye ikiganiro, Patrick Ngowi, Umuyobozi wa Fondation "Light for Life" ari na we washinze "Helvetic Group", Elizabeth Tanya Masiyiwa, Umujyanama mu Kigo giteza imnere impano (talents) "Higherlife Foundation" na Sangu Delle, Umuyobozi wa "GoldenPalm Investments".
Abari bayoboye ikiganiro kigira kiti "Ahazaza dutegura: Igisekuru cy’ejo giharanira impinduka muri Sosiyete Nyafurika. Uhereye ibumoso Uzodinma Iweala, Umwanditse Mukuru w’Ikinyamakuru "Ventures Africa" ari na we wari uyoboye ikiganiro, Patrick Ngowi, Umuyobozi wa Fondation "Light for Life" ari na we washinze "Helvetic Group", Elizabeth Tanya Masiyiwa, Umujyanama mu Kigo giteza imnere impano (talents) "Higherlife Foundation" na Sangu Delle, Umuyobozi wa "GoldenPalm Investments".

Ati “Kubura ubumuntu biraterwa n’imyumvire y’abantu batumva akamaro ko gutanga, ndetse n’uhawe ntiyumva ko nawe agomba gutanga.”

Abagiraneza bavuze ko mu bikorwa byabo byo gufasha abatishoboye, bazajya bafata igihe kinini cy’ubukangurambaga bwo kubwira isi ko buri wese afite inshingano yo kwita ku bandi.

Andi mafoto

Mme Jeannette Kagame aganiriza abitabiriye iyi nama.
Mme Jeannette Kagame aganiriza abitabiriye iyi nama.
Mme Jeannette Kagame n'abagiraneza b'Afurika bafuza ko isi yose yarangwa no kugira ubuntu.
Mme Jeannette Kagame n’abagiraneza b’Afurika bafuza ko isi yose yarangwa no kugira ubuntu.
Umuyobozi Wungirije w'Imbuto Foundation, Diyana Gitera, asobanura uruhare rw'uyu muryango mu kuzamura imibereho y'abakobwa n'abagore.
Umuyobozi Wungirije w’Imbuto Foundation, Diyana Gitera, asobanura uruhare rw’uyu muryango mu kuzamura imibereho y’abakobwa n’abagore.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 14 )

uwo niwo mutima muzima kd nibwo bumuntu nyabwo gufasha nta nyungu ugamije. hanyuma abafashwa nabo batere intambwe bige gufasha mu gihe hari aho bigejeje.
Imana ibahe umugisha

kalim yanditse ku itariki ya: 28-10-2015  →  Musubize

NONE SE KWIGIRA BIGIYE HE KO ARI BYO TWATOJWE NAMWE NYAKUBAHWA

alias yanditse ku itariki ya: 27-10-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka