Minisitiri Musoni arasaba Njyanama kuba ijwi rya rubanda

Minisitiri James Musoni arasaba Njyanama z’uturere kurangwa no guhanga udushya mu miyoborere myiza ariko ikiruseho zikarangwa no kuvugira abaturage bazitoye.

Minisitri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yabitangarije mu gikorwa cyo kumurika ibyo Njyanama y’Umujyi wa Kigali yagezeho nyuma y’umwaka umwe itowe.

Ibikorwa Njyanama yamuritse kuwa kane tariki 08/03/2012 ni ibijyanye n’ibibazo yagiye ikemura, ahantu yagiye isura n’inkunga yagiye itanga; nk’uko byagarutsweho na Pelagie Mbabazi, umunyamabanga wayo.

Minisitiri Musoni yasabye abagize iyi Njyanama kurushako kugaragaza ibikorwa biganisha ku guha abaturage ijambo no kubashyira mu byemezo bifatwa kugira ngo bateze imbere imiyoborere myiza.

Abitabiriye imurika ry'ibyo Njyanama y'umujyi wa Kigali yagezeho mu mwaka umwe imaze igiyeho
Abitabiriye imurika ry’ibyo Njyanama y’umujyi wa Kigali yagezeho mu mwaka umwe imaze igiyeho

Senateri Gakuba Jeanne d’Arc, wigeze kuba umuyobozi w’ungirije w’umujyi wa Kigali, yavuze ko iyi Njyanama yagerageje kuzuza inshingano yari yahawe ugereranyije n’umwaka umwe imaze iriho kuko izindi bizisaba igihe cyo kumenyera.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka