MIDIMAR yakiriye impunzi yo muri Congo yatwitswe ibirenge bikabije

Minisiteri ifite kwita ku mpunzi mu nshingano zayo (MIDIMAR), tariki 16/05/2012, yakiriye umusore w’Umunyekongo w’imyaka 25 witwa Boniface Zihire umaze ibyumweru bibiri yokejwe ibirenge n’abantu batazwi bamushinja ko ari umusirikare.

Ageze mu mujyi wa Gisenyi mu karere ka Rubavu, Zihire yari aryamishijwe mu mufariso kubera ko ibirenge bitakiriho.

N’ububabare bukabije, Zihire yasobanuye ko yari ari mu kiraro cy’inka aho yaragiraga mu gace ka Kirorwe i Masisi maze abagabo batatu atazi bambaye imyenda y’ingabo za Kongo bamusanzemo bamutwika ibirenge bavuga ko bamuhora ko ari umusirikare.

Nyuma yaho yaje kwandara ataha iwabo i Mushaki naho ho muri Masisi. We na nyina bamaze ibyumweru bibiri mu nzira bahunga ariko bageze i Goma ingabo za Kongo zabasubije inyuma zivuga ko atari impunzi ahubwo ari umusirikare; nk’uko Zihire yakomeje abisobanura.

Bongeye kugaruka maze ingabo za Kongo zirabemerera bambuka umupaka bagera mu Rwanda; Zihire ahita ajyanwa mu bitaro bikuru bya Gisenyi.

Boniface Zihire ntabasha kwigenza kubera nta birenge agifite.
Boniface Zihire ntabasha kwigenza kubera nta birenge agifite.

Ubusanzwe impunzi zibarirwa mu batishoboye, akaba ari nayo mpamvu Leta y’u Rwanda n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) bigomba kuvuza Zihire; nk’uko Jean Claude Rwahama, ushinzwe ibibazo by’impunzi muri MIDIMAR yabisobanuye.

Rwahama avuga ko nyina wa Zihire na we azakurikiranwa agafashwa. Rwahama kandi yasobanuye ko batari bakira abantu benshi bahohotewe ngo abo bakunze kwakira ni abakubiswe ndetse n’abafashwe ku ngufu.

Yagize ati “ni ubwa mbere twakiriye umuntu wakorewe ihohoterwa ryo ku mubiri bigaragara nk’uku nguku!”

Impunzi z’Abanyekongo ziracyakomeza guhungira mu Rwanda. Mu nkambi ya Nkamira mu karere ka Rubavu harabarurwa abagera ku 8272.

Pascaline Umulisa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

taganda afite ukuri congo ntangabo igira nimurebe rero ibyoduharanira tuzayirwana kugeza tuyitsinze nkunda arakenewe wihangane wapfurawe twararenganye

wakwetuekesi@gmail yanditse ku itariki ya: 17-05-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka