Kamonyi: Ngo yagaye umunani, atwikisha se umubyara amazi ashyushye

Munezero Aphrodis w’imyaka 25, utuye mu Mudugudu wa Nyamiyaga, Akagari ka Kidahwe, mu Murenge wa Nyamiyaga yatwikishije se umubyara Muhutu Vedaste amazi ashyushye mu ijoro ryo ku wa kabiri tariki 9 Kamena 2015 ubuyobozi bukaba bukekeka ko bapfuye umunani.

Yaba uwatwitswe ndetse n’umugore we Mukakalinda Beata bavuga ko ntacyo bapfaga n’uwo muhungu wabo dore ko ari we mwana wenyine bari bafite.

Muhutu Vedaste yatwitswe n'umuhungu we Munezero.
Muhutu Vedaste yatwitswe n’umuhungu we Munezero.

Ariko abaturanyi bavuga ko uyu muhungu, Munezero, kuri ubu ufungiye kuri Polisi ya Mugina, asanzwe agira urugomo cyane iyo yanyweye ibisindisha.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamiyaga, Rwiririza Jean Marie Vianney, atangaza ko uyu musore yigeze kugirana ibibazo na se bapfa umunani,akaba akeka ko ari cyo yamujijije.

Ngo umubyeyi yamuhaye umunani arawugaya,amusobanurira ko n’ibindi byose ari ibye kuko ari we muzungura wenyine, ariko kuva ubwo ngo yatangiye guhangana na se.

Nubwo uyu mubyeyi yatwitswe, we n'umugore we barafuza ko umuhungo wabo Munezero wamutwitse afungurwa ngo akajya gushaka amafaranga yo kumuvuza kuko ngo nta mituweri bafite.
Nubwo uyu mubyeyi yatwitswe, we n’umugore we barafuza ko umuhungo wabo Munezero wamutwitse afungurwa ngo akajya gushaka amafaranga yo kumuvuza kuko ngo nta mituweri bafite.

Ababyeyi be bifuza ko umwana wabo yababarirwa akarekurwa ahubwo akajya gushaka amafaranga yo kwishyura kwa muganga kuko nta mituweri bafite.

Rwiririza we arasaba urubyiruko kwirinda ibisindisha kuko ari byo bibashora mu bikorwa bibi, ahubwo arabakangurira gukora kugira ngo biteze imbere.

Uwiringira Marie Josee

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 8 )

Birababaje pe! Kuki umuco kwangizwa n ’abakawusigasiye koko? Uwo musore yibutswe uburenganzira n’inshingano. I

cyliaque yanditse ku itariki ya: 12-06-2015  →  Musubize

nihakurikizwe ubutabera kuko ejo hazaba ibirenze kuribiriya yakoze

umusaza anko yanditse ku itariki ya: 12-06-2015  →  Musubize

nihakurikizwe ubutabera kuko ejo hazaba ibirenze kuribiriya yakoze

umusaza anko yanditse ku itariki ya: 12-06-2015  →  Musubize

Ntakundi uwo musaza yihangane

Ntahiraja Norbert yanditse ku itariki ya: 11-06-2015  →  Musubize

ariko abana bubu babaye bate? ubuse ko agiye gereza niwa Baja barikwamuganga ubu yungutsiki? usibye kubara nabi reka naho bamuhaye bahagurishe abavuza doreko ntabwisungane mukwivuza bafite, yewe nuko bafite abobabyeyi abandi barabifuza naho bo bakatwika bazicuza

mutara yanditse ku itariki ya: 11-06-2015  →  Musubize

birababaje ariko ntafungurwe atanyuze mumategeko

nkundabagenzi Emmmanuel yanditse ku itariki ya: 11-06-2015  →  Musubize

Ntibisanzwe kubona aho umwana umwe rukumbi umuryango ufite agera aho kwangiza umubyeyi we ako kageni kandi ari nawe wazazungura ibyabo doreko ntanuwo babirwanira.
Abanyarwanda bibabere isomo kuko ntiwagera muriki gihe utaragura mituelle de santé ukeka ko mugihe wahura nimpanuka iyo ariyo yose ukabona ko wazishyura iki bibaye ngobwa ko uba utishoboye.

Amani patient yanditse ku itariki ya: 11-06-2015  →  Musubize

yewe eregakoko isi ubanza koko igeze kundudu, hamwe bavuze NGO umubyeyi azica umwana nawe yice umubyeyi none birasohoye pee!!!!

Longin yanditse ku itariki ya: 11-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka