Kagugu: Gutangiza icyunamo byaranzwe no kuremera umukecuru w’imyaka 85 ubana n’ubumuga

Ubwo hatangizwaga icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 19 jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage mu kagari ka Kagugu umurenge wa Kinyinya akarere ka Gasabo bakusanyije amafaranga asaga ibihumbi 33 byo gufasha umukecuru witwa Mukahigiro Verdian w’imyaka 85.

Mukahigiro Verdian w'imyaka 85 waremewe n'abaturage b'akagari ka Kagugu.
Mukahigiro Verdian w’imyaka 85 waremewe n’abaturage b’akagari ka Kagugu.

Uyu mukecuru yamugaye mu gihe cya Jenoside, ariko ubumuga bwe bugenda bwiyongera kugeza ubwo bwaje kumukomerera cyane akaba amaze imyaka itanu adahaguruka aho yicaye keretse babanje kumuterura; nk’uko bitangazwa n’abaturanyi be.

Uyu mukecuru utashoboye kugera aho imihango yo gutangiza icyunamo yabereye, abaturanye be bishimiye igikorwa cyamukorewe bavuga ko iyi ari inkunga ikomeye ndetse banavuga ko bazakomeza kumuba hafi kugira ngo nawe azashobore kwigiramo ikizere Abanyarwanda bose bakomeje guharanira.

Abaturage bo mu kagari ka Kagugu bari mu muhango wo kuremera umukecuru warokotse Jenoside utishoboye.
Abaturage bo mu kagari ka Kagugu bari mu muhango wo kuremera umukecuru warokotse Jenoside utishoboye.

Umuyobozi wa komisiyo y’amatora, Prof. Kalisa Mbanda, yashimiye abatuye akagari ka Kagugu igikorwa cyabaranze, abasaba gukomeza guranira kwigira kw’Abanyarwanda badategereje inkunga runaka zigomba guturuka aha n’aha.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka