Kagame ategerejwe i Texas mu biganiro by’urubyiruko rw’Abanyarwanda bo muri Diaspora

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, mu mpera z’iki cyumweru ategerejwe mu mujyi wa Dallas wo mu Ntara ya Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika [USA] mu biganiro bizahuza urubyiruko rw’Abanyarwanda bo muri Diaspora baganira ku hazaza h’u Rwanda.

Ibyo biganiro Perezida Kagame yatumiwemo bizaba kuva tariki 23 kugeza 24 Gicurasi 2015, bikaba byarateguwe n’Abanyarwanda baba muri Diasipora ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri USA.

Abateguye ibyo biganiro bavuga ko bizitabirwa n’urubyiruko rw’Abanyarwanda ruturutse mu bihugu bitandukanye.

Urubyiruko mu Rwanda rugize 70% by’Abanyarwanda bose. Leta y’u Rwanda ivuga ko igishoro cya yo ari Abanyarwanda kuko idafite umutungo kamere mwinshi nka bimwe mu bihugu bituranye na rwo.

Perezida Kagame muri Rwanda Day i Atlanta muri Nzeri 2014.
Perezida Kagame muri Rwanda Day i Atlanta muri Nzeri 2014.

Abategura ibyo biganiro batangarije KT Press ko bizanitabirwa na bamwe mu rubyiruko bari mu Rwanda bafite ibyo bagezeho bazabimurikira bagenzi ba bo bo muri Diasipora, kugira ngo baze bashore imari mu Rwanda.

Mu bazamurika ibyo bagezeho ni Gatete Etienne ufite uruganda rutunganya ibyo kurya, akazamurika ibisuguti bikorwa mu bisheke byera mu Karere ka Kamonyi, bamwe mu Banyarwanda bo muri Diaspora bavukamo.

Gatari Gilbert ugemura kawa mu bihugu bitandukanye birimo na USA na we azitabira ibyo biganiro anamurike ubucuruzi bwe, akavuga ko intego ye ari ugushishikariza Abanyarwanda bari hirya no hino ku isi kugaruka mu rwababyaye bakagira uruhare mu iterambere ry’igihugu, nk’uko yabitangarije KT Press.

U Rwanda ni igihugu cyashegeshwe bikomeye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ikaba yarahitanye abasaga miliyoni.

N’ubwo rwanyuze muri ayo mahano, ubuyobozi burangajwe imbere na Perezida Kagame bwahinduye u Rwanda igihugu gifite umuvuduko mu iterambere ku gipimo cya 8% mu myaka 20 ishize.

Urubyiruko rwabajije ibibazo muri Rwanda Day i Atlanta Georgia umwaka ushize.
Urubyiruko rwabajije ibibazo muri Rwanda Day i Atlanta Georgia umwaka ushize.

Intego ya Perezida Kagame ni ukubaka u Rwanda rufite ubukungu bushingiye ku bumenyi by’umwihariko ku rubyiruko, ndetse hakabaho n’ingamba zo guteza imbere ubwo bumenyi bugatanga imirimo mu nzego zitandukanye nk’ibikorwa remezo, ubuhinzi, umutungo kamere, ishoramari, ubucuruzi n’inganda, ikoranabuhanga, ubuzima ndetse n’uburezi.

Perezida Kagame akunze gushishikariza Abanyarwanda bo muri Diaspora kugira uruhare mu biganiro nk’ibi by’urubyiruko mu rwego rwo gutanga ibitekerezo by’uko u Rwanda rwarushaho gutera imbere.

By’umwihariko muri gahunda yiswe Rwanda Day iba buri mwaka mu bihugu bitandukanye, umukuru w’igihugu ahura n’Abanyarwanda bo muri Diaspora akabashishikariza kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu cya bo.

Uretse kuba Rwanda Day ituma bamenya aho u Rwanda rugeze mu iterambere bamwe banayifatiramo ingamba z’uburyo bazagira uruhare mu iterambere ry’igihugu mu buryo butandukanye.

Dan Ngabonziza&Cyprien Ngendahimana

Ibitekerezo   ( 2 )

Urubyiruko rwo muli Diaspora ntacyo rubaye, urukwiye kwitabwaho n’urwo mu Rwanda.

Daily Dose yanditse ku itariki ya: 21-05-2015  →  Musubize

urubyiruko rw’u Rwanda rwahagurukiye kubaka igihugu cyabo

murekezi yanditse ku itariki ya: 20-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka