Kabatwa: Abaturage bavuga ko batifuza guhindura umutoza w’ikipe itsinda

Abatuye mu murenge wa Kabatwa mu karere ka Nyabihu, batangaza ko bagendeye ku byo bamaze kugeraho mu iterambere, basanga nta mpamvu yo guhindura umutoza w’ikipe itsinda ahubwo bifuza kumugumana iteka.

Babitangaje itsinda ry’abadepite kuri uyu wa gatatu tariki 22 Nyakanga 2015, ubwo basobanuriraga izi ntumwa za rubanda banditse basaba ko ingingo y’101 y’itegeko nshinga yahinduka bakitorera Perezida Kagame.

Amazi bagejejweho,umuhanda n'umuriro biri mubyo abaturage benshi bashimiye Perezida Kagame.
Amazi bagejejweho,umuhanda n’umuriro biri mubyo abaturage benshi bashimiye Perezida Kagame.

Demokarasi Jean Damascène umuturage utuye mu mudugudu wa Kimitoni, akagali ka Myuga mu murenge wa Kabatwa uri mu banditse asaba ko ingingo y’ 101 yahinduka Paul Kagame akagumya kuyobora u Rwanda, agereranya Perezida Kagame n’umutoza w’ikipe itsinda.

Yagize ati “Ubundi ikipe y’umupira iyo ifite umutoza mwiza,nta na rimwe yifuza ko uwo mutoza yayiva iruhande. Rero nk’umunyarwanda ukunda igihugu,numvaga ko Perezida Kagame twagumana igihe cyose akiriho,kuri njye nta mubare wa manda numva nashyiraho.”

Demokarasi avuga ko bifuza kugumana iteka umutoza uyobora ikipe itsinda.
Demokarasi avuga ko bifuza kugumana iteka umutoza uyobora ikipe itsinda.

Zimwe mu mpamvu agenderaho ashyigikira Perezida Kagame ni uko yahagaritse abacengezi bari baribasiye uwo murenge. Akongeraho ko hari n’ibikorwa by’iterambere byivugira byageze muri uyu murenge kandi utari warigeze nk’amazi meza n’umuriro uri mu mirenge hafi yose.

Aba baturge bishimira umuhanda wa Sahwara-Kabatwa ubahuza na Kaburimbo wakozwe kandi bishimira ko wahesheje agaciro umusaruro w’ibirayi mwinshi uva muri ako gace, bigatuma n’abakene barahawe ijambo, nk’uko umwe mu bakecuru witwa Nyiragasanzwe Yorima yabitangaje.

Abadepite Uwayisenga Yvonne na Uwamama Marie Claire bandikaga ibyo abaturage bavugaga byatumye bifuza ko ingingo y'101 yahinduka.
Abadepite Uwayisenga Yvonne na Uwamama Marie Claire bandikaga ibyo abaturage bavugaga byatumye bifuza ko ingingo y’101 yahinduka.

Ati “Aho mba ni Kagame,kwivuza niwe mbikesha kuko andihira mitiweli n’abana banjye uko ari umunani.”

Ikindi cyatumye bifuza ingingo y’101 yahinduka ngo ni uburyo Perezida Kagame yimitse ubumwe n’ubwiyunge Abanyarwanda bose bakabana mu mahoro, mu gihe bavuga ko bagendeye ku mateka ya Kabatwa nta wakekaga ko byashoboka.

Bagendeye kubyo bamaze kugeraho basanga nta wahindura umutoza w'ikipe itsinda.
Bagendeye kubyo bamaze kugeraho basanga nta wahindura umutoza w’ikipe itsinda.

Safari Viateur

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Poul Kagame nkatwe abamuzi nibyo yakoze ndabona abanyanda ibyo murimo urukubarondogoza. Njye mbona ntawundi ukwiye kuyobora urwanda bitewe nibyo yakoze
1-Uburinganire mumashuri ibitarabagaho kuzindi leta
2-Iterambere, amahoro, umutekano, amazi meza ubwisungane mukwivuza nimihanda myiza yomubyaro yaciye ruswa yari yaramunze igihugu nibindi ntanu wabirangiza nibyinshiiii!
yagejeje kubanya rwanda

NB: ndi Pastor John-ndagijimana mbarizwa Uganda
ndasabako nanjye nahabwa umwanya nkaza nkavuga kuri H E Poul K muribibihe!
kuko nzi ibyo yakoze

Demukarasi we yavuze ukuri kbs kuko nda muzi kuvakera ibyuwo murenge wa Kabatwa abizi neza niho ya kuriye

John ndagijimana yanditse ku itariki ya: 23-07-2015  →  Musubize

ubundi se ibyo bibaho umutoza utsinda, umuyobozi mwiza wamwitesha ngo bigende gute, abanyarwanda tuzi ibyo twahisemo

Nyandwi yanditse ku itariki ya: 23-07-2015  →  Musubize

umutoza utsinda ntawe umuhindura

delta yanditse ku itariki ya: 23-07-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka