Juba: Abanyarwanda bigishije abanyamahanga kwita ku isuku no kubungabunga ibidukikije

Abanyarwanda bari mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu mujyi wa Juba muri Sudani y’Epfo taliki 08/06/2013 bifatanyije n’abasirikare ba Sudani mu bikorwa by’umuganda wo kurwanya umwanda no kurinda ibidukikije.

Ingabo z'u Rwanda ziri mu butumwa bw'amahoro hamwe n'iza Sudani mu mujyi wa Juba mu muganda.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro hamwe n’iza Sudani mu mujyi wa Juba mu muganda.

Umuyobozi bw’ingabo za Sudani ziri mu mujyi wa Juba, Col Dr. Arkangela, ashimira ibikorwa ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa zifasha igihugu cyabo no kwigisha abaturage kugira imibereho myiza.

Abanyarwanda ntibarwanya amashahi n'umwanda mu Rwanda gusa no mu mahanga barabikora.
Abanyarwanda ntibarwanya amashahi n’umwanda mu Rwanda gusa no mu mahanga barabikora.

Umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda ziri i Juba, Col DB Ngarambe, avuga ko yishimira uburyo Abanyajuba babafata, abasaba gukomeza gufata Abanyarwanda nk’inshuti zabo no kwita ku bikorwa bibateza imbere kandi bibazanira imibereho myiza.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

mukomereze aho urwanda muruheshe agaciro.

eugene ngarukiye yanditse ku itariki ya: 12-06-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka