Jeannette Kagame arasaba Abanyarwanda kurwanya icuruzwa ry’abana n’ihohoterwa

Umufasha w’umukuru w’igihugu, Madame Jeannette Kagame, arasaba Abanyarwanda gutekereza ku kintu gishobora guca burundu ubucuruzi bw’abana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bikorerwa cyane cyane abakobwa aho usanga bashorwa mu buraya.

Ibi yabitangaje ubwo yatangizaga inama nyunguranabitekerezo ku kurwanya icuruzwa ry’abantu n’isano bifitanye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu rubyiruko, yateraniye mu nzu y’inteko ishinga amategeko kuri uyu wa gatanu tariki 10/10/2014.

Madame Jeannette Kagame yasabye buri Munyarwanda wese kumva ko gukumira ubucuruzi bw'urubyiruko no kwishora mu biyobyabwenge ari inshingano ya buri wese.
Madame Jeannette Kagame yasabye buri Munyarwanda wese kumva ko gukumira ubucuruzi bw’urubyiruko no kwishora mu biyobyabwenge ari inshingano ya buri wese.

Yagize ati “Nibajije ibi bikurikira ko bimaze kuba umuco, ko iyo twishatsemo ibisubizo, akenshi tubigeraho nta shiti, habuze iki ngo ibi bibazo tubirandure burundu? Ese habuze iki ngo turinde urubyiruko rwacu ibikorwa nk’ibi? Ese ni amategeko abura? Ese ni ukuyashyira mu bikorwa?

Ese habuze iki ngo ikibazo cy’ihohoterwa ndetse n’ik’ibisindisha n’ibiyobyabwenge mu rubyiruko ngo kiranduke mu Rwanda? Harabura iki? Ese uruhare rw’inzego zibishinzwe ni uruhe, uruhare rw’umuryango ni uruhe? Birasaba iki ngo twumve ko ibi bibazo bikomeye?”

Madame Jeannette Kagame hagati ya Perezidante w'umutwe w'abadepite Donatille Mukabarisa (iburyo) na Visi Perezida w'umutwe wa Sena Bernard Makuza.
Madame Jeannette Kagame hagati ya Perezidante w’umutwe w’abadepite Donatille Mukabarisa (iburyo) na Visi Perezida w’umutwe wa Sena Bernard Makuza.

Madame Jeannette Kagame yakomeje asobanura ko umuryango Nyarwanda ukwiye kongera gusuzuma uruhare rwawo mu kurera ababyiruka. Asababa kureba niba ijisho ry’umuturanyi ricyubahirizwa nka mbere kuko abana bakibyiruka bakomeje kwangizwa abandi barebera.

Imibare ya Polisi y’Igihugu igaragaza ko mu myaka itanu ishize mu Rwanda hamaze gufatirwa abantu 151 bari kwinjizwa mu bikorwa byo gucuruzwa, harimo abinjizwaga mu Rwanda n’abandi bajyanwaga hanze.

Abayobozi bakuru batandukanye ku rwego rw'igihugu batanze ibiganiro biganisha ku miterere y'ubucuruzi bw'abantu n'ibiyobyabwenge.
Abayobozi bakuru batandukanye ku rwego rw’igihugu batanze ibiganiro biganisha ku miterere y’ubucuruzi bw’abantu n’ibiyobyabwenge.

Hari kandi andi magenzura Polisi yakoze isanga mu bihugu bitandukanye nka Uganda, u Bushinwa no mu bindi bihugu bya Afurika harimo abana b’abakobwa b’Abanyarwanda bakoreshwayo imirimo y’uburetwa.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel Gasana, mu kiganiro yatanze yagaragaje ko hari abagiye bagaruzwa ariko yerekana ko iki kibazo kigifite ubukana, kuko bagenda umunsi ku wundi kandi n’abagarujwe ugasanga bamaze kwangirika mu mutwe.

Iyi nama nyunguranabitekerezo iriga ku gukumira icuruzwa ry'abantu yaba abasohoka mu gihugu cyangwa abinjizwamo.
Iyi nama nyunguranabitekerezo iriga ku gukumira icuruzwa ry’abantu yaba abasohoka mu gihugu cyangwa abinjizwamo.

Yatangaje ko ibi bibazo byose bifite aho bihurira n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge nabyo byinjizwa mu Rwanda ku bwinshi. Avuga ko iyo urubyiruko rumaze kwishora muri ibyo biyobyabwenge ariho rutangira kumva ko akazi gasigaye ari ukujya hanze gushaka amaramuko.

Senateri Jean Damascene Bizimana we yatangaje ko mu Rwanda hari amategeko asobanutse mu guhana abagaragaweho n’ibyaha byo gucuruza abantu cyangwa se n’urebera ntagire icyo akora.

Inama ku kurwanya icuruzwa ry'abantu yitabiriwe n'abantu benshi batandukanye.
Inama ku kurwanya icuruzwa ry’abantu yitabiriwe n’abantu benshi batandukanye.

Yatangaje ko itegeko rya 251 ari ryo rihana umuntu wese ukora ibikorwa byo gucuruza ikiremwamuntu. Yatangaje ko iyi ngingo ikurikiranye n’izindi nyinshi ziyisobanura neza.
Insanganyamatsiko y’iyi nama ni “Ni twiheshe agaciro turwanya icuruzwa ry’urubyiruko no gushorwa mu biyobyabwenge”.

Biteganyijwe ko ibizava muri iyi nama ari byo inzego za Leta zifite aho zihuriye n’iki kibazo bizabafasha guhuza imyumvire no kunoza ingamba, aho buri rwego ruzaba rufite icyo rwakora mu kugera ku ntego rusange.

Emmanuel N. Hitimana

Ibitekerezo   ( 5 )

Abo bantu n,ukubahana by,intangarugero

Melan umwami yanditse ku itariki ya: 10-10-2014  →  Musubize

Mbona ibihano bihana iki cyaha cyo gucuruza abantu cyagakwiye kongerwa kuko birakabije kubona hari abatinyuka gucuruza abandi bazi nezako bihanwa n’amategeko

tuyizere yanditse ku itariki ya: 10-10-2014  →  Musubize

madam Jeannette kagame uri umubyei wa benshi muri iki gihugu, niwowe twagira ngo dukire aba bantu bigize inyamaswa ngabo bahoza abana mutubuari ngabo abajya kubacuruza hanze ibi rwose birakabije turagufasha duhagurukire rimwe twese tubarwanye kandi twese hamwe tuzabatsina

kimenyi yanditse ku itariki ya: 10-10-2014  →  Musubize

mama batubwirire wenda wowe bakumva Ibiza ukorera abana b’u Rwanda aho bari hose ubafasha kwiga ndetse nibindi, aba bandi bigize inyamaswa bagurisha bafata abana kungufi wenda wowe ubwo uri umubyeyi bakumva

kalisa yanditse ku itariki ya: 10-10-2014  →  Musubize

mu muryango nyarwanda turwanye ihohoterwa nyarwanda kimwe n’icuruzwa ry’abana maze dusigasire umuco wacu

karanga yanditse ku itariki ya: 10-10-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka