Itorero Restoration Church mu gukemura ibibazo byugarije imiryango

Itorero rya Evangerical Restoration Church, Paruwasi ya Kimisagara ryateguye igiterane cy’umuryango cy’iminsi 7 kitezweho kubanisha neza imiryango.

Icyo giterane gifite insanganyamatsiko igira iti, “Rinda urugo rwawe” cyatangijwe kuri iki cyumweru tariki 24 Kanama 2015 kikazasozwa ku cyumweru tariki 30 Kanama 2015.

Bamwe mu bayobozi mu nzego za Leta n'iz'imiryango itegamiye kuri Leta na bo bari bitabiriye iki giterane cy'umuryango.
Bamwe mu bayobozi mu nzego za Leta n’iz’imiryango itegamiye kuri Leta na bo bari bitabiriye iki giterane cy’umuryango.

Pasiteri Ruhimbya Aaron uyoboye Itorero Evangerical Restoration Church, Paruwasi ya Kimisagara, avuga ko nyuma yo gusanga kuri ubu imiryango yugarijwe n’ibibazo bitandukanye, aho ndetse biviramo imwe muri yo gusenyuka, batagomba kurebera gusa ahubwo ko bakwiye kugira icyo bakora mu rwego rwo gufasha iyo miryango kubana neza no kuramba.

Pasiteri Ruhimbya yagize ati "Nyuma yo kubona ibyo byose twasanze ari ngombwa ko dutegura igiterane cyazana ibyo bisubizo, kandi ibyo bisubizo nta handi byava uretse kumenya uburyo twirinda".

Pasiteri Ruhimbya asanga abagize umuryango bakwiye gufata iya mbere mu kurinda urugo rwabo kugira ngo ibiriho bibi ndetse n’ibigenda byaduka bitabasenyera.

Muri paruwasi ya Kimisagara ahatangirwa inyigisho zigamije kubanisha neza imiryango.
Muri paruwasi ya Kimisagara ahatangirwa inyigisho zigamije kubanisha neza imiryango.

Biteganyijwe ko abagize umuryango bazitabira icyo giterane bazasobanurirwa inshingano za buri mubyeyi, inshingano z’urugo ndetse n’akamaro ko kubahiriza amasezerano umugabo n’umugore baba baragiranye.

Itorero Evangerical Restoration Church risanga ibibazo byugarije imiryango bigomba kwitabwaho bigakemurwa kuko iyo bititaweho, iterambere ry’urugo riradindira, umwiryane n’ubukene bikiganza mu miryango, ndetse n’intego z’ikinyagihumbi igihugu cyihaye ntizigerweho uko bikwiye.

Pasiteri Ruhimbya avuga ko iki gitaramo kireba imiryango ahanini.
Pasiteri Ruhimbya avuga ko iki gitaramo kireba imiryango ahanini.

Igiterane nk’iki cy’umuryango cyaherukaga mu mwaka wa 2013, icyo gihe kikaba cyari gifite intego igira iti “Imfatiro z’urugo ku bashakanye”.

Malachie Hakizimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Nibakomerezaho kuko iyo hari ubuyobozi bwioza bukemura ibibazo by’abaturage, n’ibindibigo ou amatorero nayo aboneraho agakora akazi kayo neza, ni byoza ko iryotorero rifasha naryo...

Sam Soza yanditse ku itariki ya: 25-08-2015  →  Musubize

Katonda ayebazibwe

Kweyamba yanditse ku itariki ya: 25-08-2015  →  Musubize

Nubundi amatorero iyo akora atya na mbere ntakibi cyali kwegera u Rwanda, mukomereze aho mujye munafasha mubifatika ariko bitari amagambo gusa yubaka, bajye babona nikijya munda.

Kibibi yanditse ku itariki ya: 25-08-2015  →  Musubize

none se ibibazo by’imiryango wowe wibaza ko byakemurwa gute? itorero ni iki? imiryango nkoranyambaga ni imwe munzira yoroshye ishobora kunyurwamo mu ikemurwa ry’ibibazo ry’imiryango, Restauration church Imana ibahe umugisha cyane.

Igor yanditse ku itariki ya: 25-08-2015  →  Musubize

Aya matorero nayo aba yarihaye kuvanga ibintu ibibazo by’imiryango ntibibareba

Kalimunda yanditse ku itariki ya: 24-08-2015  →  Musubize

Aya matorero nayo aba yarihaye kuvanga ibintu ibibazo by’imiryango ntibibareba

Kalimunda yanditse ku itariki ya: 24-08-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka