Ingabo z’u Rwanda ni zo zirinda Perezida mushya wa Santarafurika

Ingabo z’u Rwanda (RDF) zibarirwa muri Batayo ya 3 (Rwanbatt3) mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu Muryango w’Abibumbye muri Repuburika ya Santarafurika (MINUSCA) ni zo zahawe inshingano zo kurinda Perezida w’iki gihugu, Faustin Archange Touadera, uherutse gutorwa.

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri MINUSCA zisanganywe kandi inshingano zo gukomeza kurindira umutekano uwari Perezida w’inzibacyuho wa Repuburika ya Santarafurika, Catherine Samba Panza.

Ingabo z'u Rwanda ziri mu butumwa bwa MINUSCA ni zo zasimbuye Abapolisi b'u Rwanda mu kurinda Perezida Faustin Archange Touadera. Ifoto/MoD.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa MINUSCA ni zo zasimbuye Abapolisi b’u Rwanda mu kurinda Perezida Faustin Archange Touadera. Ifoto/MoD.

Inshingano zo kurinda umukuru w’iki gihugu zari zifitwe n’abapolisi b’u Rwanda, na bo bari muri MINUSCA.

Polisi y’u Rwanda iri muri MINUSCA yari yarahawe inshingano zo kurinda umutekano wa Faustin Archange Touadera kuva tariki ya 8 Mutarama 2016, igihe muri Repuburika ya Santarafurika bari bageze mu cyiciro cya kabiri cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu. Perezida Touadera na we yari mu bakandida babiri bari basigaye bahatanira uwo mwanya.

Minisiteri y’Ingabo (MINADEF) yatangaje ku rubuga rwayo ko mu nshingano izi ngabo zahawe, harimo kurinda umutekano w’Umukuru w’Igihugu cya Santarafurika uherutse gutorwa, kurinda ibiro by’Umukuru w’Igihugu, kurinda ingoro y’Umukuru w’Igihugu n’ahandi hantu hose Perezida agiye.

Umuhango w’ihererekanyabubasha ku murimo wo kurinda abayobozi bakuru b’igihugu muri Santarafurika hagati y’Ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda, wabereye i Bangui ku wa 27 Werurwe 2016.

Polisi y’u Rwanda yari ihagarariwe n’ushinzwe ibikorwa bya Polisi muri MINUSCA, SSP Paul Butera naho ku ruhande rw’Ingabo hari ushinzwe ibikorwa bya gisirikare muri Batayo ya 3, Maj. Epimaque Kayitare hamwe n’Umuyobozi wa Kompanyi y’abasirikare b’u Rwanda bashinzwe kurinda umutekano w’Umukuru w’Igihugu cya Santarafurika, Maj. Santos Kanamugire.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

ngabo zacu mukomerezaho bazahore babafitiye icyizere.

wembba yanditse ku itariki ya: 30-03-2016  →  Musubize

icyo cyizere abanyamahanga badufitiye,muramenye mu gisigasire pe kitaducika mwarangaye,uwiteka akomeze atwambike igikundiro ku migabane yose y’isi

bacu yanditse ku itariki ya: 30-03-2016  →  Musubize

utazi abanyarwanda arabiyegereza...

Kamili yanditse ku itariki ya: 30-03-2016  →  Musubize

ngabo zacu mukomereze ahongaho

iradukunda timothy yanditse ku itariki ya: 30-03-2016  →  Musubize

ingabo zacu ni umutamenwa.

komeza yanditse ku itariki ya: 30-03-2016  →  Musubize

ngabo zacu mukomereze aho

Anathalie yanditse ku itariki ya: 29-03-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka