Imiyoborere myiza igendana n’umutekano –Minisitiri Kaboneka

Igihugu kidafite umutekano ntabwo ubuyobozi bwagera ku miborere myiza ibereye buri munyarwanda.

Ibi byatangajwe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka ubwo yatangizaga ukwezi kwahariwe imiyoborere mu Murenge wa Cyumba wo mu Karere ka Gicumbi tariki ya 18 Werurwe 2015, asaba abaturage gukomeza kubungabunga umutekano.

Aha yasabye abaturage kwirinda ikintu icyo ari cyo cyose cyahungabanya umutekano wabo kuko iyo igihugu gitekanye n’imiyoborere myiza igerwaho.

Minisitiri Kaboneka asaba abaturage gukaza umutekano kuko udahari nta miyoborere myiza yabaho.
Minisitiri Kaboneka asaba abaturage gukaza umutekano kuko udahari nta miyoborere myiza yabaho.

Kuba abaturage batuye muri uyu Murenge wa Cyumba begeranye n’umupaka wa Uganda yabasabye kwirinda kunywa ibiyobyabwenge nka Kanyanga kuko nabyo biza ku isonga mu bihungabanya umutekano.

Abaturage bibukijwe ko bagomba kurara amarondo bicungira umutekano w’ingo zabo ndetse n’amatungo yabo, bityo abantu bakirarana nayo mu mazu batinya ko bayiba impungenge zigashira bakabireka.

Ibi kandi bizajyana no gutunga urutoki ahantu hari ibisambo byiba abaturage bityo inzego z’umutekano zibakurikirane babihanirwe.

Abaturage bemeza ko u Rwanda rufite imiyoborere myiza.
Abaturage bemeza ko u Rwanda rufite imiyoborere myiza.

Abaturage bemera ko mu Rwanda hari imiyoborere myiza kuko usanga ubu bahabwa serivise nta kiguzi, ndetse ugize ibibazo inzego z’ubuyobozi zikamufasha ibibazo bye bikarangirizwa hafi, nk’uko Habimana Jean d’Amour abivuga.

Uwitwa Mugabonijambo Jean Damascène ngo yishimira ko Leta y’u Rwanda yita ku guteza imbere umuturage imugenera gahunda ya Girinka ndetse na gahunda y’ubudehe, ibi byose bikagaragaza imiyoborere yita ku nyungu z’umuturage.

Abaturage bahawe umwanya wo kugaragaza ibibazo byabo.
Abaturage bahawe umwanya wo kugaragaza ibibazo byabo.

Mu gutangiza uku kwezi kwahariwe imiyoborere, Minisitiri Francis Kaboneka yakiriye ibibazo by’abaturage ndetse ibitabashije gukemurwa asaba ubuyobozi bw’akarere kubikurikira kugira ngo bikemuke.

Muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza ngo ubuyobozi buzarushaho kwegera abaturage bubakemurira ibibazo bafite.

Minisitiri Kaboneka yasabye abaturage gukaza umutekano barara amarondo.
Minisitiri Kaboneka yasabye abaturage gukaza umutekano barara amarondo.
Abayobozi banyuranye bitabiriye umuhango wo gutangiza ukwezi kw'imiyoborere.
Abayobozi banyuranye bitabiriye umuhango wo gutangiza ukwezi kw’imiyoborere.

Ernestine Musanabera

Ibitekerezo   ( 1 )

umutekano ni ingenzi cyane mu bikorwa byose by’igihugu bya buri munsi, niyo mpamvu abaturage baka karere bakwiye gushyira mu bikorwa izi mpanuro bahawe n’aba bayobozi

kaboneka yanditse ku itariki ya: 19-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka