Imishahara y’abapolisi yikubye hafi kabiri

Bisabwe na Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo hamwe na Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu kandi bigasuzumwa n’Inama y’Abaminisitiri ikabyemeza, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye imishahara y’abapolisi.

Iteka rya Perezida No001 ryo ku wa 14/01/2016 ryasohotse mu Igazeti ya Leta ya Repubulika y’u Rwanda kuri uyu wa 18/01/2016, rigena imishahara y’abapolisi, rigaragaramo izamuka ry’imishahara yabo hakurikijwe inzego z’imirimo barimo.

Umushahara mbumbe ugenerwa abapolisi buri kwezi ukubiyemo umushahara fatizo, indamunite z’icumbi, indamunite z’urugendo, inkunga ya Leta mu bwiteganyirize bw’umukozi n’inkunga ya Leta yo kuvuza umukozi.

Icyiciro cya mbere cy’izamurwa ry’iyi mishahara, abapolisi baratangira kugihembwa guhera muri uku kwezi kwa Mutarama 2016 naho icya kabiri kisumbuyeho bazagitangirane n’umwaka w’ingengo y’imari wa 2016/2017.

Imishahara mishya y'abapolisi. Icyiciro cya mbere ni umushahara wo guhera muri Mutarama kugeza Kamena 2016 naho igikurikiyeho kigatangirana n'ingengo y'imari ya 2016-2017.
Imishahara mishya y’abapolisi. Icyiciro cya mbere ni umushahara wo guhera muri Mutarama kugeza Kamena 2016 naho igikurikiyeho kigatangirana n’ingengo y’imari ya 2016-2017.

Iri teka rya Perezida risimbuye iryo ku wa 14/01/2013 rigena imishahara y’Abapolisi.

Iyi mbonerahamwe irerekana imishahara y'abapolisi yari isanzweho yagenwaga n'iteka ryo muri 2013.
Iyi mbonerahamwe irerekana imishahara y’abapolisi yari isanzweho yagenwaga n’iteka ryo muri 2013.

Imishahara y’abapolisi igenwa hashingiwe ku mbonerahamwe y’urutonde rw’imirimo kandi hakurikijwe amahame ngenderwaho mu kubara imishahara mu butegetsi bwa Leta.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 21 )

NTIHAZAGIRE UMUPOLISI UZONGERA KURYA RUSWA IBYO BYA ARIGUSUZUGUZA PERESIDA

IBANGA yanditse ku itariki ya: 19-01-2016  →  Musubize

OOOO!!!! NIBYIZA!WENDA BAREKA KUJYA BIYENZA AHANINI KUBASHOFE BASHAKA RUSWA ABO MUCYARO BO BARAKABIJE ABA ARI KUBURINZI YABONA IMODOKA CY MOTO UBURINZI AKABWIBAGIRWA AGAHINDUKA TRAFIC KUGIRANGO AREBE KO YABONA ICYAHA YAKE AKANTU.

Magorwa yanditse ku itariki ya: 19-01-2016  →  Musubize

Wenda Abajyaga Birirwa Baka Agacupa Babireka Bari Baturembeje

Magorwa yanditse ku itariki ya: 19-01-2016  →  Musubize

Dushimiye intore izirushintambwe kugushyigikira RNP

marc yanditse ku itariki ya: 19-01-2016  →  Musubize

turashima nyakubahwa perezida warepuburika y’urwanda ubryo yaatekereje neza kubapolise b’igihugu azamura imishahara yabo.nibindi twizeye ko arikubitegura

eric Turahiriwe yanditse ku itariki ya: 19-01-2016  →  Musubize

Muzehe wacu yakoze ibintu byiza cyane kbsa,gusa twizereko n’abarimu azagira icyo abarebera kuko aribo basigaye bababaje cyane.

nteziryayo yanditse ku itariki ya: 18-01-2016  →  Musubize

Nibyo rwose barakora.Hanatekerezwe kubakozi bo KU urwego rw’akagari kuko bo aho kubongeza barakatwa wakwibaza niba barasanze ayabo ari menshi KU uburyo bayakata kariya kageni hejuru y’imvune bavunika.

Visenti yanditse ku itariki ya: 18-01-2016  →  Musubize

bakora akazi kabo neza rwose kubazamurira imishahara nta kibazo barabikwiye

Mensah yanditse ku itariki ya: 18-01-2016  →  Musubize

Dushimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda uburyo yahaye agaciro akazi abapolisi bakora,mu bigaragara igipolisi ubu noneho kigiye kuba umwuga aho kuba ubuhungiro bw’abashomeri nk’uko benshi mu bize bajyaga babivuga.Ariko rero harebwe n’uko hahindurwa Iteka rishyiraho imyaka y’abifuza kujya mu Gipolisi kuko imyaka mirongo itatu(30 ans) ku bifuza kuri Cadet Course ni mike cyane kuko twifuje kujyamo turi benshi ariko tuzitirwa n’imyaka ntarengwa bafatiraho kandi tugifite amaraso yo gukorera igihugu cyacu.Mu bigaragara rwa rutonde rwa Transparence International ishami ry’u Rwanda rwahoraga rushyira abapolisi ku mwanya wa mbere mu kwakira ruswa tutazongera kubonaho Polisi y’igihugu kuko bamwe bireguraga bavuga ko imishahara yabo itajyanye n’ibiciro biri ku isoko icyo Umusaza aragikemuye.Uniformes nshya,imodoka nshya n’imishahara mishya.Wonderful!!!

Habyarimana Aimable yanditse ku itariki ya: 18-01-2016  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka