Ikamyo yacitse feri igonga abantu batatu i Nyabugogo

Ikamyo ipakiye ibitaka yamanutse iva mu mujyi wa Kigali, mu muhanda uva ahitwa kuri ‘statistique’, igeze ku isoko rya Nyabugogo icika feri ikomeretsa abantu batatu barimo umubyeyi utwite bivugwa ko yacitse amaguru, n’undi ngo wakomeretse bikabije.

Nk’uko Habamenshi Emmanuel, umwe mu babonye iyo mpanuka yabaye ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa kane tariki 23/5/2013 abisobanura, ngo nta witabye Imana, ariko ngo abagore babiri barimo umwe utwite bakomeretse bikabije.

Aho impanuka yabereye, uwacitse amaguru yahasize inkweto.
Aho impanuka yabereye, uwacitse amaguru yahasize inkweto.

Umuntu wa gatatu iyo kamyo ifite icyapa cya RAB 903B yari ihitanye, ni umwana w’umukobwa wavaga kwiga, n’ubwo nta gikomere kigaragara inyuma, hari abakeka ko yaviriye imbere mu mubiri.

Hari n’abakeka ko iyo kamyo yaba hari umuntu ihishe munsi y’ahantu yangirikiye, kuko ngo yari ifite umuvuduko munini ubwo yasunikaga igikuta.

Polisi irimo kureba niba nta muntu iyo kamyo yagonze ikamuhisha munsi yayo.
Polisi irimo kureba niba nta muntu iyo kamyo yagonze ikamuhisha munsi yayo.

Imana ngo yakinze ukuboko, kuko ngo ukurikije urujya n’uruza rw’ibinyabiziga n’abantu benshi baba bagendagenda mu mihanda ya Nyabugogo, iyo kamyo yari guhitana benshi.

Shoferi wari utwaye iyo modoka ntacyo yabaye. Ngo yamaze kubona arenze isoko kandi yambutse umuhanda wa kaburimbo wa Nyabugogo, ahitamo gusimbuka, areka imodoka isekura igikuta cy’amabuye kiri iruhande rwa stasiyo yitwa SP, kikaba aricyo cyayitangiriye.

Ikamyo yanahitanye ipoto y'amashanyarazi.
Ikamyo yanahitanye ipoto y’amashanyarazi.

Polisi y’igihugu isaba ko abatwara ibinyabiziga bajya babanza kubigenzura mbere yo kugira aho bajya, kandi bakitabira kubijyana ku kigo kigenzura ibinyabiziga cyitwa ‘Controle Technique Automobile’.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Urwanda turinzwe nuwiteka hariya haba ambutiage cyane yabantu namamodoka kuba .ari .abo gusa namahirwe@abahuye .niyo .mpanuka "mukomeze kwihangana turi kumwe

Mujyanama jean dedieu yanditse ku itariki ya: 25-05-2013  →  Musubize

Uriya muhanda uva kuri statistic ukanyura imbere y’isoko rya nyabugogo ubwawo ni mutoya cyane bikabije,kandi uhasanga abantu benshi cyane mu masaha y’akazi,kuwugira ikerekezo kimwe ubwabyo ntibihagije ahubwo bazanawucemo imodoka nini. abahuye n’iyi mpanuka ndabihanganishije imana ibafashe.

munana yanditse ku itariki ya: 23-05-2013  →  Musubize

birenze imyunvire ibi bintu!! abahuye n’iyi mpanuka bihangane ni ukubara ubukeye mu buzima!

serge yanditse ku itariki ya: 23-05-2013  →  Musubize

pole kumiryango yagize ibyago itewe n’ iyi mpuka.

vii yanditse ku itariki ya: 23-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka